-
“Igihe cyo kwemererwamo”Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
22. Ni mu buhe buryo Yehova yatsindagirije ko atazigera yibagirwa ubwoko bwe?
22 Yesaya yakomeje asubiramo amagambo ya Yehova. Yahanuye ko Abisirayeli bari mu bunyage bari gusa n’aho bihebye ntibakomeze kugira ibyiringiro. Yesaya yagize ati “Siyoni aravuga ati ‘Yehova yarantaye, Uwiteka aranyibagiwe’ ” (Yesaya 49:14). Ese ibyo byari ukuri? Ese koko Yehova yari yarataye ubwoko bwe maze arabwibagirwa? Yesaya yabaye umuvugizi wa Yehova, akomeza agira ati “mbese umugore yakwibagirwa umwana yonsa, ntababarire uwo yibyariye? Icyakora bo babasha kwibagirwa, ariko jye sinzakwibagirwa” (Yesaya 49:15). Mbega igisubizo kirangwa n’urukundo Yehova yabahaye! Urukundo Imana ikunda ubwoko bwayo ruruta kure cyane urwo umubyeyi akunda umwana we. Imana ihora itekereza ku ndahemuka zayo. Irazibuka nk’aho amazina yazo aba yanditse mu biganza byayo. Yagize iti “dore nguciye mu biganza byanjye nk’uca imanzi, kandi inkike zawe ziri imbere yanjye iteka.”—Yesaya 49:16.
23. Ni gute Pawulo yateye Abakristo inkunga yo kwiringira ko Yehova atazigera abibagirwa?
23 Mu rwandiko intumwa Pawulo yandikiye Abagalatiya, yateye Abakristo inkunga agira ati “twe gucogorera gukora neza, kuko igihe nigisohora tuzasarura nitutagwa isari” (Abagalatiya 6:9). Abaheburayo na bo yabandikiye amagambo atera inkunga agira ati “kuko Imana idakiranirwa ngo yibagirwe imirimo yanyu n’urukundo mwerekanye ko mukunze izina ryayo” (Abaheburayo 6:10). Nta na rimwe twagombye gutekereza ko Yehova yibagiwe ubwoko bwe. Kimwe na Siyoni ya kera, birakwiriye rwose ko Abakristo bagira ibyishimo kandi bagategereza Yehova bihanganye. Akomeza amasezerano ye.
-
-
“Igihe cyo kwemererwamo”Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
25. Muri iki gihe, ni mu yihe mimerere Isirayeli yo mu buryo bw’umwuka yashyizwemo?
25 Tubona isohozwa ry’ayo magambo muri iki gihe cyacu. Mu myaka iruhije yo mu gihe cy’intambara ya mbere y’isi yose, Isirayeli yo mu buryo bw’umwuka yahinduwe umusaka kandi ijyanwa mu bunyage. Ariko yaragaruwe maze ishyirwa muri paradizo yo mu buryo bw’umwuka (Yesaya 35:1-10). Kimwe n’umurwa Yesaya yavuze ko wari warahinduwe umusaka, twavuga ko Isirayeli yo mu buryo bw’umwuka na yo yanezerewe igihe yabonaga yuzuye abantu basenga Yehova babigiranye umwete kandi bishimye.
-