-
Yeremiya 43:10, 11Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
10 Ubabwire uti: ‘Yehova nyiri ingabo Imana ya Isirayeli aravuga ati: “ngiye gutumaho Nebukadinezari* umwami w’i Babuloni umugaragu wanjye.+ Nzashyira intebe ye y’ubwami hejuru y’aya mabuye nahishe kandi azubaka ihema rye ry’abami.+ 11 Azaza akubite igihugu cya Egiputa.+ Uzaba akwiriye kwicwa n’icyorezo cy’indwara gikomeye, azicwa n’icyo cyorezo, uzaba akwiriye kujyanwa mu kindi gihugu ku ngufu, azajyanwa ku ngufu kandi uzaba akwiriye kwicwa n’inkota, azicwa n’inkota.+
-
-
Yeremiya 46:25, 26Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
25 “Yehova nyiri ingabo Imana ya Isirayeli aravuga ati: ‘ngiye guhagurukira Amoni+ yo muri No,*+ Farawo, Egiputa, imana zayo,+ abami bayo, ni ukuvuga Farawo n’abamwiringira bose.’+
26 “Yehova aravuga ati: ‘nzabateza abashaka kubica,* ni ukuvuga Nebukadinezari* umwami w’i Babuloni+ n’abagaragu be. Ariko nyuma yaho, Egiputa izongera guturwa nk’uko byahoze mbere.’+
-