-
Mariko 9:43-48Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
43 “Niba ikiganza cyawe kigutera gukora icyaha,* ugice. Icyarushaho kukubera cyiza ni uko wamugara ariko ukabona ubuzima, kuruta ko wajugunywa mu muriro udashobora kuzima w’i Gehinomu,* ufite ibiganza byombi.+ 44* —— 45 Niba ikirenge cyawe kigutera gukora icyaha, ugice. Icyarushaho kukubera cyiza ni uko wamugara ariko ukabona ubuzima, aho kujugunywa muri Gehinomu ufite ibirenge byombi.+ 46* —— 47 Nanone niba ijisho ryawe rigutera gukora icyaha, urikuremo urite kure yawe.+ Icyarushaho kukubera cyiza ni uko wagira ijisho rimwe ariko ukazabona Ubwami bw’Imana, aho kujugunywa muri Gehinomu ufite amaso yombi.+ 48 Aho muri Gehinomu inyo zaho ntizipfa kandi n’umuriro waho ntuzima.+
-