30 Mu by’ukuri, hari ibindi bimenyetso byinshi Yesu yakoreye imbere y’abigishwa be bitanditswe muri iki gitabo.+ 31 Ariko ibi byandikiwe kugira ngo mwizere ko Yesu ari we Kristo Umwana w’Imana, kandi ngo mubone ubuzima bw’iteka binyuze ku izina rye, kubera ko mwizeye.+