Kuva
39 Muri bwa budodo bw’ubururu n’ubwoya buteye ibara ry’isine n’ubudodo bw’umutuku,+ bakoramo imyenda iboshye neza yo gukorana ahera. Nuko babohera Aroni imyenda yo gukorana umurimo w’ubutambyi,+ nk’uko Yehova yari yarabitegetse Mose.
2 Besaleli aboha efodi+ mu dukwege twa zahabu,* ubudodo bw’ubururu, ubwoya buteye ibara ry’isine, ubudodo bw’umutuku n’ubudodo bwiza bukaraze. 3 Nuko bafata ibisate bya zahabu barabihonda babiha umubyimba nk’uw’ibati, babikatamo udukwege duto cyane twa zahabu two kuboheranya n’ubudodo bw’ubururu n’ubwoya buteye ibara ry’isine n’ubudodo bw’umutuku n’ubudodo bwiza, bikorwa n’umuhanga wo gufuma. 4 Bakora efodi yari iteranyirije ku ntugu, ahagana hejuru aho ibice byayo byombi bihurira. 5 Umushumi wo gukenyeza+ efodi na wo bawuboha batyo, bawubohesha udukwege twa zahabu, ubudodo bw’ubururu, ubwoya buteye ibara ry’isine, ubudodo bw’umutuku n’ubudodo bwiza bukaraze, nk’uko Yehova yari yarabitegetse Mose.
6 Babaza amabuye ya onigisi bayashyira mu dufunga twa zahabu, bayandikaho amazina y’abahungu ba Isirayeli nk’uko bakora kashe.+ 7 Nuko ayashyira ku ntugu za efodi, kugira ngo abe amabuye y’urwibutso rw’abahungu ba Isirayeli,+ nk’uko Yehova yari yarabitegetse Mose. 8 Aboha igitambaro cyo kwambara mu gituza,+ akiboha nk’uko yaboshye efodi, akoresheje udukwege twa zahabu, ubudodo bw’ubururu, ubwoya buteye ibara ry’isine, ubudodo bw’umutuku n’ubudodo bwiza bukaraze,+ bikorwa n’umuhanga wo gufuma. 9 Iyo icyo gitambaro bagikubagamo kabiri cyagiraga impande enye zingana. Bagikoze ku buryo iyo bagikubagamo kabiri cyagiraga uburebure n’ubugari bwa santimetero 22 n’ibice bibiri.* 10 Hanyuma bagitakaho amabuye y’agaciro atondetse ku mirongo ine. Umurongo wa mbere bawushyiraho amabuye yitwa rubi, topazi na emerode. 11 Umurongo wa kabiri bawushyiraho amabuye ya turukwaze, safiro na yasipi. 12 Umurongo wa gatatu bawushyiraho ibuye ryitwa leshemu,* iryitwa agate n’iryitwa ametusito. 13 Uwa kane bawushyiraho ayitwa kirusolito, onigisi na jade. Bayashyira mu dufunga twa zahabu. 14 Umubare w’ayo mabuye wanganaga n’umubare w’amazina y’abahungu 12 ba Isirayeli. Kuri ayo mabuye bandikaho amazina y’imiryango 12 nk’uko bakora kashe, buri buye rishyirwaho izina rimwe.
15 Igitambaro cyo kwambara mu gituza bagikorera imikufi imeze nk’imigozi iboheranyije, ikozwe muri zahabu itavangiye.+ 16 Bacura udufunga tubiri twa zahabu n’impeta ebyiri za zahabu. Izo mpeta zombi bazitera ku mitwe yombi y’icyo gitambaro ahagana hejuru. 17 Barangije banyuza ya mikufi ibiri ya zahabu muri izo mpeta zombi ziri ku mitwe y’icyo gitambaro ahagana hejuru. 18 Banyuza imitwe y’iyo mikufi yombi muri twa dufunga tubiri turi ku ntugu za efodi, ahagana imbere. 19 Bacura impeta ebyiri muri zahabu, bazishyira ku mitwe yombi y’icyo gitambaro cyo kwambara mu gituza, ku ruhande rw’imbere rukora kuri efodi, ahagana hasi.+ 20 Bacura izindi mpeta ebyiri muri zahabu, bazishyira ahagana hasi kuri efodi, hafi y’aho iteranyirije hejuru y’umushumi wo kuyikenyeza. 21 Hanyuma bafata umushumi w’ubururu bawunyuza mu mpeta z’icyo gitambaro cyo kwambara mu gituza bawupfundika ku mpeta ziri kuri efodi, kugira ngo icyo gitambaro gikomeze kuba haruguru y’umushumi wo gukenyeza efodi, ntikikajye gitandukana na efodi, nk’uko Yehova yari yarabitegetse Mose.
22 Aboha ikanzu itagira amaboko yo kwambariraho efodi, yose ayiboha mu budodo bw’ubururu,+ bikorwa n’umuhanga wo gufuma. 23 Iyo kanzu yari ifite ijosi rimeze nk’iry’ikoti riboheshejwe iminyururu. Iryo josi ryari rifite umusozo urizengurutse kugira ngo ridacika. 24 Ku musozo wo hasi w’iyo kanzu bazengurutsaho imitako imeze nk’imbuto z’amakomamanga* iboshye mu budodo bw’ubururu, ubwoya buteye ibara ry’isine n’ubudodo bw’umutuku, bwose buboheranyije. 25 Bacura inzogera muri zahabu itavangiye, bazitera hagati muri ayo makomamanga azengurutse umusozo wo hasi wa ya kanzu itagira amaboko, inzogera imwe ikajya hagati y’amakomamanga abiri. 26 Bagenda bakurikiranya ikomamanga n’inzogera, ku musozo w’iyo kanzu itagira amaboko yo gukorana umurimo w’ubutambyi, nk’uko Yehova yari yarabitegetse Mose.
27 Hanyuma babohera Aroni n’abahungu be amakanzu mu budodo bwiza, bikorwa n’umuhanga wo kuboha.+ 28 Bababohera n’igitambaro kizingirwa ku mutwe+ hamwe n’ibitambaro byo kwambara ku mutwe by’umurimbo,+ babiboha mu budodo bwiza. Baboha n’amakabutura+ mu budodo bwiza bukaraze, 29 n’imishumi mu budodo bwiza bukaraze, ubudodo bw’ubururu, ubwoya buteye ibara ry’isine n’ubudodo bw’umutuku, bikorwa n’umuhanga wo kuboha, nk’uko Yehova yari yarabitegetse Mose.
30 Bacura igisate kirabagirana muri zahabu itavangiye, ari cyo kimenyetso cyera kigaragaza uweguriwe Imana. Bacyandikaho amagambo agira ati: “Kwera ni ukwa Yehova.”+ Bayandika nk’uko bakora kashe. 31 Bagiteraho umushumi uboshye mu budodo bw’ubururu kugira ngo kijye gishyirwa kuri cya gitambaro kizingirwa ku mutwe, nk’uko Yehova yari yarabitegetse Mose.
32 Nuko imirimo yose yo mu ihema ryo guhuriramo n’Imana irarangira, kandi Abisirayeli bakoze ibyo Yehova yari yarategetse Mose byose.+ Uko yabimutegetse ni ko babikoze.
33 Hanyuma bazanira Mose ibikoresho byose by’ihema,+ ni ukuvuga imyenda yaryo,+ ibikwasi byaryo,+ amakadire yaryo,+ imitambiko yaryo,+ inkingi zaryo n’ibisate byaryo biciyemo imyobo.+ 34 Bazana impu z’amapfizi y’intama ziteye ibara ry’umutuku+ n’impu z’inyamaswa zitwa tahashi zo gutwikira ihema, bazana na rido.+ 35 Bazana isanduku irimo Amategeko,* imijishi yayo+ n’umupfundikizo wayo.+ 36 Bazana ameza, ibikoresho byayo byose+ n’imigati igenewe Imana.* 37 Bazana igitereko cy’amatara gicuzwe muri zahabu itavangiye, amatara yacyo+ atondetse ku murongo, ibikoresho byacyo byose+ n’amavuta yo gushyira mu matara.+ 38 Bazana igicaniro+ cya zahabu, amavuta yera,+ umubavu uhumura neza+ na rido+ yo gukinga mu muryango w’ihema. 39 Bazana igicaniro cy’umuringa+ n’imiringa yacyo isobekeranye imeze nk’akayunguruzo, imijishi yacyo+ n’ibikoresho byacyo byose,+ igikarabiro n’igitereko cyacyo.+ 40 Bazana imyenda y’urugo, inkingi zarwo n’ibisate byarwo biciyemo imyobo,+ rido+ yo gukinga mu irembo ry’urugo, imigozi yarwo, imambo zarwo+ n’ibikoresho byose bigenewe umurimo ukorerwa mu ihema ryo guhuriramo n’Imana. 41 Bazana imyenda iboshye neza yo gukorana ahera, ari yo myenda umutambyi Aroni+ n’abahungu be bari kujya bambara bakora umurimo w’ubutambyi.
42 Abisirayeli bakora iyo mirimo yose bakurikije ibyo Yehova yari yarategetse Mose byose.+ 43 Mose yitegereje ibyo bakoze byose, asanga babikoze nk’uko Yehova yari yarategetse. Nuko Mose abaha umugisha.