Kuva
10 Hanyuma Yehova abwira Mose ati: “Jya kwa Farawo kuko naretse akanga kumva*+ n’abagaragu be bakanga kumva, kugira ngo nkorere ibi bitangaza imbere ye.+ 2 Nanone bizatuma namwe mubwira abana banyu n’abuzukuru banyu ukuntu nahanishije Abanyegiputa ibihano bikomeye, mubabwire n’ibitangaza nakoreye muri iki gihugu+ kandi muzamenya rwose ko ndi Yehova.”
3 Nuko Mose na Aroni bajya kwa Farawo baramubwira bati: “Yehova Imana y’Abaheburayo aravuze ati: ‘uzakomeza kwanga kunyumvira ugeze ryari?+ Reka abantu banjye bagende bajye kunkorera. 4 Nukomeza kwanga kureka abantu banjye ngo bagende, ejo nzateza inzige mu gihugu cyawe cyose. 5 Zizakwira igihugu cyose ku buryo nta wuzashobora kubona ubutaka. Zizarya ibyasigaye byose, ibyo abantu bawe basigaranye bitangijwe n’urubura, zirye n’ibiti byanyu byose.+ 6 Amazu yawe, amazu y’abagaragu bawe bose n’amazu y’Abanyegiputa bose azuzura inzige mu rugero ba papa banyu na ba sogokuruza banyu batigeze kubona, uhereye igihe babereyeho kugeza uyu munsi.’”+ Nuko Mose ava imbere ya Farawo aragenda.
7 Hanyuma abagaragu ba Farawo baramubwira bati: “Uyu mugabo azakomeza kutubuza amahoro* kugeza ryari? Reka aba bantu bagende bajye gukorera Yehova Imana yabo. Ese ntubona ko Egiputa yarimbutse?” 8 Nuko bagarura Mose na Aroni kwa Farawo maze arababwira ati: “Nimugende mukorere Yehova Imana yanyu. Harya ubundi hazagenda ba nde?” 9 Mose aramusubiza ati: “Tuzajyana abana n’abakuze. Tuzajyana abahungu bacu n’abakobwa bacu. Nanone tuzajyana intama zacu n’inka zacu+ kuko tugomba kwizihiriza Yehova umunsi mukuru.”+ 10 Arababwira ati: “Nimubona mbaretse mukagenda mwe n’abana banyu, muzamenye ko Yehova ari kumwe namwe!+ Imigambi yanyu ni mibi rwose. 11 Ntabwo nabyemera! Ahubwo mwebwe abagabo, nimugende mukorere Yehova kuko ari byo mushaka.” Nuko barabirukana bava imbere ya Farawo.
12 Nuko Yehova abwira Mose ati: “Rambura ukuboko kwawe hejuru y’igihugu cya Egiputa kugira ngo inzige zize mu gihugu cya Egiputa zirye ibimera byose byo mu gihugu, zirye ibyo urubura rwasize byose.” 13 Mose ahita arambura inkoni ye hejuru y’igihugu cya Egiputa maze Yehova azana umuyaga uturutse iburasirazuba uhuha muri icyo gihugu uwo munsi wose n’ijoro ryose. Bukeye, uwo muyaga uturutse iburasirazuba uzana inzige. 14 Izo nzige zigwa ku butaka bwose bwa Egiputa, zikwira igihugu cya Egiputa cyose.+ Zari ziteje akaga cyane.+ Ntihari harigeze habaho inzige nyinshi nk’izo kandi na nyuma yazo ntihongeye kubaho inzige nk’izo. 15 Izo nzige zikwira igihugu cyose maze igihugu cyose kirijima. Zirya ibimera byose n’imbuto zose z’ibiti urubura rwari rwarashigaje, ntihasigara ikintu na kimwe kibisi, haba ku biti cyangwa ku bimera byo mu gihugu cya Egiputa cyose.
16 Nuko Farawo ahita ahamagara Mose na Aroni arababwira ati: “Nacumuye kuri Yehova Imana yanyu kandi namwe nabacumuyeho. 17 None ndabinginze mumbabarire icyaha cyanjye iyi nshuro imwe gusa maze munyingingire Yehova Imana yanyu kugira ngo ankize iki cyago kimereye nabi.” 18 Nuko arasohoka* ava kwa Farawo, yinginga Yehova.+ 19 Hanyuma Yehova ahindura icyerekezo cya wa muyaga, uza ari umuyaga uhuha cyane uturutse iburengerazuba, utwara za nzige uziroha mu Nyanja Itukura. Nta ruzige na rumwe rwasigaye ku butaka bw’igihugu cya Egiputa cyose. 20 Ariko Yehova areka Farawo akomeza kwinangira,+ ntiyareka Abisirayeli ngo bagende.
21 Hanyuma Yehova abwira Mose ati: “Rambura ukuboko kwawe ugutunge mu ijuru kugira ngo igihugu cya Egiputa gicure umwijima mwinshi cyane.” 22 Mose ahita arambura ukuboko kwe agutunga mu ijuru maze igihugu cya Egiputa cyose kizamo umwijima uteye ubwoba umara iminsi itatu.+ 23 Nta muntu wabonaga undi kandi nta n’umwe muri bo wavuye aho ari muri iyo minsi uko ari itatu. Ariko aho Abisirayeli bose bari batuye ho hari umucyo.+ 24 Hanyuma Farawo atumaho Mose aramubwira ati: “Nimugende mukorere Yehova.+ Gusa intama n’inka zanyu bizasigara. Abana banyu na bo mushobora kubajyana.” 25 Ariko Mose aramubwira ati: “Wowe ubwawe ugomba no kuduha* ibyo tuzatanga ho ibitambo n’amaturo atwikwa n’umuriro kuko tugomba kubitambira Yehova Imana yacu.+ 26 Tuzajyana n’amatungo yacu yose. Nta tungo rigomba gusigara kuko ayo matungo ari yo tuzakuraho ayo gutambira Yehova Imana yacu mu gihe tuzaba tumusenga kandi ntituzi ibyo tuzatambira Yehova. Tuzabimenya tugezeyo.” 27 Nanone Yehova areka Farawo akomeza kwinangira, ntiyemera kubareka ngo bagende.+ 28 Nuko Farawo aramubwira ati: “Mva mu maso! Uramenye ntuzongere kungera imbere kuko ninongera kukubona imbere yanjye uzapfa nta kabuza.” 29 Mose aramusubiza ati: “Nk’uko ubivuze, sinzagaruka imbere yawe.”