Kubara
10 Yehova abwira Mose ati: 2 “Uzacure impanda*+ ebyiri mu ifeza. Ujye uzikoresha igihe uhamagara Abisirayeli ngo bakoranire hamwe n’igihe umenyesha abantu ko bagiye kwimuka. 3 Nibazivugiriza icyarimwe, Abisirayeli bose bajye bahurira hafi y’umuryango w’ihema ryo guhuriramo n’Imana.+ 4 Nibavuza impanda imwe gusa, abayobora Abisirayeli 1.000 bajye baza aho uri.+
5 “Nimuvuza impanda mu ijwi rihindagurika, itsinda ry’abashinze amahema iburasirazuba+ rijye rihaguruka rigende. 6 Nimuvuza impanda ubwa kabiri mu ijwi rihindagurika, itsinda ry’abashinze amahema mu majyepfo+ rijye rihaguruka rigende. Buri tsinda rizajya rihaguruka ari uko havugijwe impanda mu ijwi rihindagurika.
7 “Igihe mushaka ko abantu bahurira hamwe, mujye muvuza impanda,+ ariko ntimukazivuze mu ijwi rihindagurika. 8 Abatambyi, ni ukuvuga abahungu ba Aroni, bajye bavuza izo mpanda+ kandi ibyo bizababere itegeko rihoraho mwe n’abazabakomokaho bose.
9 “Igihe muzaba muri mu gihugu cyanyu hanyuma abanzi bakabatera, muzajye muvuza impanda+ maze mubone kujya kurwana na bo. Yehova Imana yanyu azajya abibuka abakize abanzi banyu.
10 “Nanone mu bihe byanyu by’ibyishimo,+ ni ukuvuga mu bihe by’iminsi mikuru+ no mu ntangiriro za buri kwezi, mujye muvuza impanda mu gihe mutamba ibitambo bitwikwa n’umuriro+ no mu gihe mutamba ibitambo bisangirwa.*+ Mujye muzivuza kugira ngo Imana yanyu ibibuke. Ndi Yehova Imana yanyu.”+
11 Nuko ku itariki ya 20 y’ukwezi kwa kabiri+ mu mwaka wa kabiri, cya gicu kiva ku ihema ririmo isanduku+ irimo Amategeko Icumi.* 12 Abisirayeli barahaguruka bava mu butayu bwa Sinayi bakurikije gahunda bahawe.+ Cya gicu kiragenda gihagarara mu butayu bwa Parani.+ 13 Iyo ni yo nshuro ya mbere bahagurutse bakagenda bakurikije gahunda Yehova yari yarabahaye binyuze kuri Mose.+
14 Habanje guhaguruka itsinda ry’imiryango itatu rihagarariwe n’umuryango wa Yuda, hakurikijwe amatsinda mato barimo.* Umutware wabo yari Nahashoni+ umuhungu wa Aminadabu. 15 Umutware w’umuryango wa Isakari yari Netaneli+ umuhungu wa Suwari. 16 Umutware w’umuryango wa Zabuloni yari Eliyabu+ umuhungu wa Heloni.
17 Nuko bashingura+ ihema maze Abagerushoni+ n’Abamerari+ bari bashinzwe gutwara ihema barahaguruka baragenda.
18 Itsinda ry’imiryango itatu rihagarariwe n’umuryango wa Rubeni rirahaguruka, hakurikijwe amatsinda mato barimo. Umutware w’umuryango wa Rubeni yari Elisuri+ umuhungu wa Shedewuri. 19 Umutware w’umuryango wa Simeyoni yari Shelumiyeli+ umuhungu wa Surishadayi. 20 Umutware w’umuryango wa Gadi yari Eliyasafu+ umuhungu wa Deweli.
21 Abakohati batwaraga ibintu byera+ barahaguruka baragenda, kuko bagombaga kuhagera ihema ryamaze gushingwa.
22 Itsinda ry’imiryango itatu rihagarariwe n’umuryango wa Efurayimu rirahaguruka riragenda, hakurikijwe amatsinda mato barimo. Umutware wabo yari Elishama+ umuhungu wa Amihudi. 23 Umutware w’umuryango wa Manase yari Gamaliyeli+ umuhungu wa Pedasuri. 24 Umutware w’umuryango wa Benyamini yari Abidani+ umuhungu wa Gideyoni.
25 Itsinda ry’imiryango itatu rihagarariwe n’umuryango wa Dani rihaguruka nyuma y’abandi bose riragenda, hakurikijwe amatsinda mato barimo. Umutware w’umuryango wa Dani yari Ahiyezeri+ umuhungu wa Amishadayi. 26 Umutware w’umuryango wa Asheri yari Pagiyeli+ umuhungu wa Okirani. 27 Umutware w’umuryango wa Nafutali yari Ahira+ umuhungu wa Enani. 28 Uko ni ko Abisirayeli bahagurukaga bakurikije amatsinda mato barimo, iyo igihe cyo kugenda cyabaga kigeze.+
29 Hanyuma Mose abwira Hobabu umuhungu wa Reweli*+ w’Umumidiyani, ari we papa w’umugore wa Mose, ati: “Dore tugiye mu gihugu Yehova yadusezeranyije ko azaduha.+ None ngwino tujyane+ tuzakugirira neza, kuko Yehova yavuze ko azagirira neza Isirayeli.”+ 30 Ariko aramusubiza ati: “Sinjyana namwe, ahubwo ndasubira mu gihugu cyanjye no muri bene wacu.” 31 Mose aramubwira ati: “Ndakwinginze ntudusige, kuko ari wowe uzi neza aho dushobora gushinga amahema mu butayu. Ngwino uzatuyobore. 32 Nujyana natwe,+ rwose ibyiza Yehova azatugirira natwe tuzabikugirira.”
33 Nuko bava ku musozi wa Yehova+ bakora urugendo rw’iminsi itatu. Muri urwo rugendo rw’iminsi itatu, isanduku+ y’isezerano rya Yehova yabaga iri imbere kugeza igihe Abisirayeli baboneye aho baruhukira.+ 34 Iyo bashinguraga amahema yabo ku manywa, igicu+ cya Yehova cyagendaga hejuru yabo.
35 Iyo Isanduku yaterurwaga, Mose yaravugaga ati: “Yehova haguruka,+ abanzi bawe batatane, abakwanga bose baguhunge!” 36 Iyo isanduku yashyirwaga hasi, Mose yaravugaga ati: “Yehova, garukira Abisirayeli benshi cyane batabarika.”+