ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Ibyakozwe 24
  • Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

Ibivugwa mu gitabo cy’Ibyakozwe

      • Ibirego baregaga Pawulo (1-9)

      • Pawulo yiregurira imbere ya Feligisi (10-21)

      • Pawulo afungwa imyaka ibiri (22-27)

Ibyakozwe 24:1

Impuzamirongo

  • +Ibk 23:2
  • +Ibk 23:26

Ibyakozwe 24:5

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Cyangwa “uyu muntu ari icyago.”

Impuzamirongo

  • +Mat 5:11; Ibk 16:20, 21; 17:6, 7
  • +Luka 23:1, 2
  • +Mat 2:23; Ibk 28:22

Ibyakozwe 24:6

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Cyangwa “guhumanya.”

Impuzamirongo

  • +Ibk 21:27, 28

Ibyakozwe 24:7

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Uyu murongo uboneka muri Bibiliya zimwe na zimwe, ariko ntuboneka mu nyandiko za kera z’ingenzi z’Ikigiriki zandikishijwe intoki. Reba Umugereka wa A3.

Ibyakozwe 24:10

Impuzamirongo

  • +Flp 1:7

Ibyakozwe 24:11

Impuzamirongo

  • +Ibk 21:17, 26

Ibyakozwe 24:12

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Ni ahantu Abayahudi bahuriraga kugira ngo basenge kandi basome Ibyanditswe. Reba Ibisobanuro by’amagambo.

Ibyakozwe 24:14

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Ibi byerekeza ku nyigisho z’Abakristo n’imyitwarire ibaranga.

Impuzamirongo

  • +Kuva 3:15; Ibk 3:13; 2Tm 1:3
  • +Ibk 28:23; Rom 3:21

Ibyakozwe 24:15

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Ni abantu batakoreye Imana cyangwa ngo bayumvire bitewe n’uko batayimenye.

Impuzamirongo

  • +Yes 26:19; Mat 22:31, 32; Luka 14:13, 14; Yoh 5:28, 29; 11:25; Heb 11:35; Ibh 20:12
  • +Luka 23:43

Ibyakozwe 24:16

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Cyangwa “umutimanama ucyeye.”

Impuzamirongo

  • +Ibk 23:1; 1Kor 4:4; Heb 13:18

Ibyakozwe 24:17

Impuzamirongo

  • +2Kor 8:4

Ibyakozwe 24:18

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Kweza.”

Impuzamirongo

  • +Ibk 21:24, 26

Ibyakozwe 24:19

Impuzamirongo

  • +Ibk 25:16

Ibyakozwe 24:21

Impuzamirongo

  • +Ibk 23:6

Ibyakozwe 24:22

Impuzamirongo

  • +Ibk 9:1, 2; 19:9

Ibyakozwe 24:24

Impuzamirongo

  • +Mat 10:18

Ibyakozwe 24:25

Impuzamirongo

  • +Ibk 17:30, 31; 2Kor 5:10

Ibyakozwe 24:27

Impuzamirongo

  • +Ibk 25:9

Byose

Ibyak. 24:1Ibk 23:2
Ibyak. 24:1Ibk 23:26
Ibyak. 24:5Mat 5:11; Ibk 16:20, 21; 17:6, 7
Ibyak. 24:5Luka 23:1, 2
Ibyak. 24:5Mat 2:23; Ibk 28:22
Ibyak. 24:6Ibk 21:27, 28
Ibyak. 24:10Flp 1:7
Ibyak. 24:11Ibk 21:17, 26
Ibyak. 24:14Kuva 3:15; Ibk 3:13; 2Tm 1:3
Ibyak. 24:14Ibk 28:23; Rom 3:21
Ibyak. 24:15Yes 26:19; Mat 22:31, 32; Luka 14:13, 14; Yoh 5:28, 29; 11:25; Heb 11:35; Ibh 20:12
Ibyak. 24:15Luka 23:43
Ibyak. 24:16Ibk 23:1; 1Kor 4:4; Heb 13:18
Ibyak. 24:172Kor 8:4
Ibyak. 24:18Ibk 21:24, 26
Ibyak. 24:19Ibk 25:16
Ibyak. 24:21Ibk 23:6
Ibyak. 24:22Ibk 9:1, 2; 19:9
Ibyak. 24:24Mat 10:18
Ibyak. 24:25Ibk 17:30, 31; 2Kor 5:10
Ibyak. 24:27Ibk 25:9
  • Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
  • 1
  • 2
  • 3
  • 4
  • 5
  • 6
  • 7
  • 8
  • 9
  • 10
  • 11
  • 12
  • 13
  • 14
  • 15
  • 16
  • 17
  • 18
  • 19
  • 20
  • 21
  • 22
  • 23
  • 24
  • 25
  • 26
  • 27
Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
Ibyakozwe 24:1-27

Ibyakozwe n’intumwa

24 Nyuma y’iminsi itanu, umutambyi mukuru Ananiya+ azana na bamwe mu bayobozi b’Abisirayeli hamwe n’umuntu wagombaga kubafasha kuburana witwaga Teritulo, maze babwira guverineri ibyo Pawulo yaregwaga.+ 2 Bahamagaye Teritulo, atangira kurega Pawulo agira ati:

“Nyakubahwa Feligisi, ubu dufite amahoro menshi watugejejeho, kandi ibintu byinshi bigenda bivugururwa muri iki gihugu ni wowe tubikesha kubera ko ureba kure. 3 Aho turi hose duhora tubona ibyo byiza kandi turabigushimira cyane. 4 Ariko ntarondogoye, nagira ngo ngusabe udutege amatwi akanya gato kuko usanzwe uri umuntu mwiza. 5 Twasanze uyu muntu ahungabanya amahoro.*+ Ashuka+ Abayahudi bose bo mu isi ituwe ngo bigomeke ku butegetsi kandi ni na we uyoboye agatsiko k’idini ry’Abanyanazareti.+ 6 Nanone yagerageje kwanduza* urusengero maze turamufata.+ 7*⁠ —— 8 Nawe ubwawe umwibarije, ushobora kwibonera ko ibi bintu byose tumurega ari ukuri.”

9 Abayahudi babyumvise, na bo bemeza ko ibyo bintu ari ukuri koko. 10 Nuko guverineri akora ikimenyetso n’umutwe yereka Pawulo ko ashobora kuvuga. Pawulo arasubiza ati:

“Kubera ko nzi neza ko umaze imyaka myinshi uri umucamanza w’iki gihugu, niteguye kwiregura.+ 11 Nk’uko nawe ushobora kubyigenzurira nta minsi irenze 12 irashira ngiye i Yerusalemu gusenga.+ 12 Ntibigeze bansanga mu rusengero njya impaka n’umuntu uwo ari we wese, cyangwa ngo basange nshishikariza abantu guteza imvururu, haba mu masinagogi* cyangwa mu mujyi. 13 Nta n’ubwo bashobora kuguha ibimenyetso by’ibintu bari kundega. 14 Ariko icyo nemerera imbere yawe ni iki: Nkorera Imana ya ba sogokuruza umurimo wera,+ nkurikije Inzira y’Ukuri,* ikaba ari yo aba bita: ‘agatsiko k’idini.’ Mu by’ukuri nizera ibintu byose byavuzwe mu Mategeko n’ibyanditswe n’Abahanuzi.+ 15 Nanone mfite ibyiringiro nk’ibyo aba bantu na bo bafite, ko Imana izazura+ abakiranutsi n’abakiranirwa.*+ 16 Ni yo mpamvu mpatanira kugira umutimanama utandega ikibi icyo ari cyo cyose,* haba imbere y’Imana cyangwa imbere y’abantu.+ 17 Nyuma y’imyaka myinshi, nagarutse i Yerusalemu nzanywe no guha Abayahudi imfashanyo+ no gutamba ibitambo. 18 Igihe nari nkiri muri ibyo, bansanze mu rusengero maze gukora umuhango wo kwiyeza.*+ Ariko nabikoraga ntakoranyije abantu cyangwa ngo nteze akavuyo. Ahubwo icyo gihe hari Abayahudi baturutse mu ntara ya Aziya. 19 Abo bagombye kuba bari hano imbere yawe kugira ngo bandege, iyo baza kuba bafite icyo banshinja.+ 20 Cyangwa se aba bantu bari hano nibivugire ubwabo niba hari ikibi bambonyeho igihe nari mpagaze imbere y’Urukiko rw’Ikirenga rw’Abayahudi, 21 uretse ikintu kimwe gusa navuze ubwo nari mpagaze hagati yabo nti: ‘umuzuko w’abapfuye ni wo utumye uyu munsi nshyirwa mu rubanza.’”+

22 Icyakora kubera ko Feligisi yari azi neza iby’iyo Nzira+ y’ukuri, yasezereye abo bantu arababwira ati: “Lusiya umukuru w’abasirikare naza, ni bwo nzafata umwanzuro w’ibyo bibazo byanyu.” 23 Nuko ategeka umuyobozi w’itsinda ry’abasirikare ko Pawulo arindwa, ariko akamworohereza igifungo cye kandi ntihagire n’umwe mu ncuti ze abuza kumwitaho.

24 Hashize iminsi mike, Feligisi azana n’umugore we Dirusila wari Umuyahudikazi, nuko atumiza Pawulo maze amutega amatwi. Pawulo amusobanurira icyo yakora ngo agaragaze ko yizera Yesu Kristo.+ 25 Ariko atangiye kuvuga ibyo gukiranuka, kumenya kwifata, n’ibihereranye n’urubanza Imana izacira abantu mu gihe kizaza,+ Feligisi agira ubwoba maze arasubiza ati: “Ubu noneho ba wigendeye, ariko nimbona akanya nzongera ngutumeho.” 26 Yahoraga atumaho Pawulo kenshi ngo baganire kubera ko yatekerezaga ko yari kuzamuha ruswa. 27 Ariko hashize imyaka ibiri, Feligisi asimburwa na Porukiyo Fesito. Kubera ko Feligisi yifuzaga gushimwa n’Abayahudi,+ yasize Pawulo akiri muri gereza.

Ibyasohotse mu Marenga (2017-2025)
Sohoka
Injira
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze