Yesaya
57 Umukiranutsi yararimbutse,
Ariko nta wubizirikana mu mutima we.
2 Agira amahoro.
Abantu bose bagendera mu nzira yo gukiranuka, baruhukira mu mva* zabo.
3 “Naho mwe, mwa bana b’umugore w’umupfumu mwe,
Mwa rubyaro rw’umusambanyi n’umugore w’indaya mwe,
Nimwigire hafi.
4 Uwo museka ni nde?
Ni nde mukomeza kwasamira mugasohora indimi mumuseka?
Ese ntimuri abana b’abanyabyaha
N’abana b’abanyabinyoma,+
5 Abantu bagirira irari mu biti binini,+
Munsi y’igiti gitoshye cyose,+
Bakicira abana mu bibaya,+
Munsi y’imikoki yo mu bitare?
6 Umugabane wawe uri kumwe n’amabuye asennye yo mu kibaya.+
Ni byo koko ni wo mugabane wawe.
Unayasukira ituro ry’ibyokunywa kandi ukayaha impano.+
Ese ibyo byanshimisha koko?
7 Washashe uburiri bwawe ku musozi muremure uri hejuru cyane+
Kandi wajyagayo ukahatambira ibitambo.+
8 Washyize urwibutso rwawe inyuma y’urugi n’icyo rufasheho.
Warantaye ukuramo imyenda wari wambaye.
Warazamutse maze uburiri bwawe ubugira bunini.
Wagiranye isezerano n’abakunzi bawe.
9 Waramanutse ujya kureba Meleki* ufite amavuta
Kandi ufite parufe nyinshi cyane.
Wohereje intumwa zawe zigera kure,
Ku buryo wamanutse ukagera mu Mva.*
10 Waruhiye mu nzira zawe nyinshi wanyuzemo,
Ariko ntiwavuga uti: ‘ibi nta cyizere bitanga!’
Wabonye ibikongerera imbaraga,
Ni yo mpamvu utarambiwe.*
11 None se ni nde waguteye ubwoba maze ugatinya,
Bigatuma utangira kubeshya?+
Ntiwigeze unyibuka.+
Nta cyo wigeze uzirikana mu mutima wawe.+
Kubera ko nakomeje guceceka kandi sinite ku byo ukora,+
Ni yo mpamvu utigeze untinya.
13 Nutabaza ushaka uwagufasha
Ibigirwamana byawe warundanyije ntibizagukiza,+
Byose bizatwarwa n’umuyaga.
14 Umuntu azavuga ati: ‘nimuhubake, nimuhubake umuhanda! Muhashyire inzira!+
Muvane ikintu cyose mu nzira cyabangamira abantu banjye.’”
15 Uri hejuru kandi Usumbabyose,
Uhoraho iteka ryose+ kandi izina rye rikaba ari iryera,+
Aravuga ati: “Ntuye hejuru kandi hera,+
Ariko nanone mbana n’abababaye* kandi bafite agahinda
Kugira ngo nsubize imbaraga aboroheje
Kandi nsubize imbaraga abafite imitima ibabaye.+
16 Sinzabarwanya iteka ryose
Kandi sinzahora mbarakariye,+
Kuko umwuka w’umuntu ushobora kuba muke cyane bitewe nanjye,+
Ibyo bikaba no ku byo naremye bihumeka.
17 Nababajwe n’uko abona* inyungu abanje guhemuka,+
Maze ndamukubita, muhisha mu maso hanjye kandi ndakaye.
Ariko yaransuzuguye+ akomeza kumvira ibyo umutima we umubwira.
Kandi nzamuhumuriza, mpumurize+ n’abantu be bafite agahinda.”+
19 Yehova aravuga ati: “Nzatuma iminwa ivuga amagambo yo gusingiza.*
Uri hafi n’uri kure bazahabwa amahoro adashira+
Kandi nzabakiza.”
20 “Ariko abantu babi bameze nk’inyanja irimo umuyaga mwinshi idashobora gutuza,
Amazi yayo agakomeza kuzamura ibyatsi n’ibyondo.”
21 Imana yanjye iravuga iti: “Nta mahoro y’ababi.”+