ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Ibyahishuwe 13
  • Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

Ibivugwa mu gitabo cy’Ibyahishuwe

      • Inyamaswa y’inkazi ifite imitwe irindwi iva mu nyanja (1-10)

      • Inyamaswa y’inkazi ifite amahembe abiri izamuka iva mu isi (11-13)

      • Igishushanyo cy’inyamaswa y’inkazi ifite imitwe irindwi (14, 15)

      • Ikimenyetso n’umubare w’inyamaswa y’inkazi (16-18)

Ibyahishuwe 13:1

Impuzamirongo

  • +Ibh 11:7; 13:18
  • +Yes 57:20; Ibh 21:1

Ibyahishuwe 13:2

Impuzamirongo

  • +Ibh 12:9
  • +Luka 4:6

Ibyahishuwe 13:3

Impuzamirongo

  • +Ibh 13:14

Ibyahishuwe 13:5

Impuzamirongo

  • +Ibh 11:2, 3

Ibyahishuwe 13:6

Impuzamirongo

  • +Dan 7:25
  • +Ibh 12:12

Ibyahishuwe 13:7

Impuzamirongo

  • +Ibh 12:17

Ibyahishuwe 13:8

Impuzamirongo

  • +Ibh 3:5; 21:27
  • +Yes 53:7; Mat 27:50; Ibh 5:6, 12

Ibyahishuwe 13:9

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Cyangwa “ufite ugutwi niyumve.”

Impuzamirongo

  • +Mat 11:15

Ibyahishuwe 13:10

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Bishobora no kuvugwa ngo: “Niba hari ugomba kwicishwa inkota.”

Impuzamirongo

  • +Mat 26:52
  • +Dan 7:18; 1Kor 6:2; Ibh 20:6
  • +Mat 24:13; Heb 10:36; 12:3
  • +Ibh 2:10

Ibyahishuwe 13:11

Impuzamirongo

  • +Ibh 16:13; 20:2

Ibyahishuwe 13:12

Impuzamirongo

  • +Ibh 13:1
  • +Ibh 13:3

Ibyahishuwe 13:14

Impuzamirongo

  • +Ibh 19:20; 20:4
  • +Ibh 13:3

Ibyahishuwe 13:16

Impuzamirongo

  • +Ibh 14:9, 10; 16:2; 19:20

Ibyahishuwe 13:17

Impuzamirongo

  • +Ibh 14:11
  • +Ibh 15:2

Ibyahishuwe 13:18

Impuzamirongo

  • +Dan 3:1

Byose

Ibyah. 13:1Ibh 11:7; 13:18
Ibyah. 13:1Yes 57:20; Ibh 21:1
Ibyah. 13:2Ibh 12:9
Ibyah. 13:2Luka 4:6
Ibyah. 13:3Ibh 13:14
Ibyah. 13:5Ibh 11:2, 3
Ibyah. 13:6Dan 7:25
Ibyah. 13:6Ibh 12:12
Ibyah. 13:7Ibh 12:17
Ibyah. 13:8Ibh 3:5; 21:27
Ibyah. 13:8Yes 53:7; Mat 27:50; Ibh 5:6, 12
Ibyah. 13:9Mat 11:15
Ibyah. 13:10Mat 26:52
Ibyah. 13:10Dan 7:18; 1Kor 6:2; Ibh 20:6
Ibyah. 13:10Mat 24:13; Heb 10:36; 12:3
Ibyah. 13:10Ibh 2:10
Ibyah. 13:11Ibh 16:13; 20:2
Ibyah. 13:12Ibh 13:1
Ibyah. 13:12Ibh 13:3
Ibyah. 13:14Ibh 19:20; 20:4
Ibyah. 13:14Ibh 13:3
Ibyah. 13:16Ibh 14:9, 10; 16:2; 19:20
Ibyah. 13:17Ibh 14:11
Ibyah. 13:17Ibh 15:2
Ibyah. 13:18Dan 3:1
  • Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
  • 1
  • 2
  • 3
  • 4
  • 5
  • 6
  • 7
  • 8
  • 9
  • 10
  • 11
  • 12
  • 13
  • 14
  • 15
  • 16
  • 17
  • 18
Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
Ibyahishuwe 13:1-18

Ibyahishuriwe Yohana

13 Nuko cya kiyoka gihagarara ku musenyi wo ku nyanja.

Ngiye kubona mbona inyamaswa y’inkazi+ izamuka iva mu nyanja,+ ifite amahembe icumi n’imitwe irindwi. Yari ifite amakamba icumi ku mahembe yayo, kandi ku mitwe yayo yari ifite amazina yo gutuka Imana. 2 Iyo nyamaswa y’inkazi nabonye yari imeze nk’ingwe, ariko amajanja yayo yari ameze nk’ay’idubu, naho umunwa wayo umeze nk’uw’intare. Cya kiyoka+ giha iyo nyamaswa ububasha bwacyo n’intebe yacyo y’ubwami n’ubutware bukomeye.+

3 Hanyuma mbona umwe muri ya mitwe yayo umeze nk’uwakomeretse uriho igikomere cyari kigiye kuyica.+ Ariko icyo gikomere cyari kigiye kuyica kirakira, maze isi yose ikurikira iyo nyamaswa y’inkazi iyitangariye cyane. 4 Nuko abantu basenga cya kiyoka kubera ko ari cyo cyahaye ubutware iyo nyamaswa y’inkazi, banasenga ya nyamaswa y’inkazi bavuga bati: “Ni nde uhwanye n’iyi nyamaswa y’inkazi, kandi se ni nde ushobora kurwana na yo?” 5 Ihabwa ububasha bwo kuvuga amagambo yo kwiyemera n’amagambo yo gutuka Imana, kandi ihabwa ububasha bwo gukora ibyo ishaka mu gihe cy’amezi 42.+ 6 Nuko itangira gutuka+ Imana, izina ryayo, aho ituye, n’abatuye mu ijuru.+ 7 Yemererwa kurwanya abera ikabatsinda,+ kandi ihabwa gutegeka abantu bo mu miryango yose n’amoko yose, indimi zose n’ibihugu byose. 8 Abatuye ku isi bose bazayisenga. Ariko kuva isi yatangira kubaho, nta n’umwe muri abo bantu ufite izina ryanditswe mu gitabo cy’ubuzima+ cy’Umwana w’Intama wishwe.+

9 Nimutege amatwi mwitonze* ibyo umwuka wera uvuga.+ 10 Niba hari uwo muri mwe ugomba gushyirwa muri gereza, azashyirwa muri gereza, kandi uwicisha inkota* na we agomba kwicishwa inkota.+ Iyo ni yo mpamvu abera+ bagomba kwihangana+ kandi bakagaragaza ukwizera.+

11 Nuko mbona indi nyamaswa y’inkazi izamuka ivuye mu isi, kandi yari ifite amahembe abiri ameze nk’ay’umwana w’Intama, ariko itangira kuvuga nk’ikiyoka.+ 12 Hanyuma ikoresha ububasha bwose bwa ya nyamaswa y’inkazi ya mbere,+ kandi iyo nyamaswa ya mbere ibireba. Ituma isi n’abayituye basenga ya nyamaswa y’inkazi ya mbere yari yakize igikomere cyari kigiye kuyica.+ 13 Ikora ibimenyetso bikomeye, ku buryo ndetse yamanuraga umuriro mu ijuru ikawusuka ku isi abantu babireba.

14 Iyobya abatuye ku isi, ibayobesheje ibitangaza yari yaremerewe gukorera imbere ya ya nyamaswa y’inkazi, ari na ko ibwira abatuye ku isi gukora igishushanyo+ cya ya nyamaswa y’inkazi yari yarakomerekejwe n’inkota ariko igakira.+ 15 Nanone yemererwa guha ubuzima igishushanyo cy’iyo nyamaswa y’inkazi, kugira ngo kijye kivuga kandi cyicishe abantu bose batagisenga.

16 Hanyuma ihatira abantu bose, aboroheje n’abakomeye, abakire n’abakene, abafite umudendezo n’abagaragu, gushyirwaho ikimenyetso ku kiganza cy’iburyo no ku gahanga,+ 17 kugira ngo hatagira umuntu ushobora kugura cyangwa kugurisha, keretse abafite ikimenyetso n’izina+ bya ya nyamaswa y’inkazi cyangwa umubare w’izina ryayo.+ 18 Aho ni ho hasaba kugira ubwenge: Umuntu wese ufite ubwenge abare umubare w’iyo nyamaswa y’inkazi, kuko ari umubare w’umuntu. Umubare wayo ni 666.+

Ibyasohotse mu Marenga (2017-2025)
Sohoka
Injira
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze