ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Ibyakozwe 18
  • Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

Ibivugwa mu gitabo cy’Ibyakozwe

      • Pawulo abwiriza i Korinto (1-17)

      • Asubira muri Antiyokiya ho muri Siriya (18-22)

      • Pawulo ajya i Galatiya n’i Furugiya (23)

      • Apolo wari umuhanga yigishwa (24-28)

Ibyakozwe 18:2

Impuzamirongo

  • +Ibk 18:24, 26; 1Kor 16:19; 2Tm 4:19

Ibyakozwe 18:3

Impuzamirongo

  • +Ibk 20:34; 1Kor 4:11, 12; 9:15; 1Ts 2:9; 2Ts 3:8, 10

Ibyakozwe 18:4

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Cyangwa “yunguranaga na bo ibitekerezo.”

  • *

    Ni ahantu Abayahudi bahuriraga kugira ngo basenge kandi basome Ibyanditswe. Reba Ibisobanuro by’amagambo.

Impuzamirongo

  • +Ibk 17:2
  • +Mat 4:23

Ibyakozwe 18:5

Impuzamirongo

  • +Ibk 15:27; 17:14
  • +Ibk 16:1, 2; 1Ts 3:6
  • +Ibk 17:2, 3; 28:23

Ibyakozwe 18:6

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Icyo gikorwa cyagaragazaga ko atari we uzabazwa ibizagera kuri abo bantu.

Impuzamirongo

  • +Mat 10:14
  • +Ezk 33:4
  • +Ibk 20:26
  • +Ibk 13:46; 28:28; Rom 1:16

Ibyakozwe 18:7

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Ni ukuvuga, ava mu isinagogi.

Ibyakozwe 18:8

Impuzamirongo

  • +1Kor 1:14

Ibyakozwe 18:10

Impuzamirongo

  • +Mat 28:20

Ibyakozwe 18:12

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Cyangwa “guverineri w’intara ya Akaya.” Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Umuyobozi.”

Ibyakozwe 18:15

Impuzamirongo

  • +Ibk 23:29; 25:19

Ibyakozwe 18:17

Impuzamirongo

  • +1Kor 1:1

Ibyakozwe 18:18

Impuzamirongo

  • +Rom 16:1

Ibyakozwe 18:19

Impuzamirongo

  • +Ibk 17:2

Ibyakozwe 18:21

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Reba Umugereka wa A5.

Ibyakozwe 18:22

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Uko bigaragara, ni itorero ry’i Yerusalemu.

Impuzamirongo

  • +Ibk 15:36

Ibyakozwe 18:23

Impuzamirongo

  • +Ibk 16:6
  • +Ibk 14:21, 22; 15:32

Ibyakozwe 18:24

Impuzamirongo

  • +Ibk 19:1; 1Kor 1:12; 3:5, 6

Ibyakozwe 18:26

Impuzamirongo

  • +Rom 16:3; 1Kor 16:19

Ibyakozwe 18:27

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Cyangwa “ubuntu butagereranywa bw’Imana.”

Ibyakozwe 18:28

Impuzamirongo

  • +Gut 18:15; Zb 16:10; Yes 7:14; Mika 5:2

Byose

Ibyak. 18:2Ibk 18:24, 26; 1Kor 16:19; 2Tm 4:19
Ibyak. 18:3Ibk 20:34; 1Kor 4:11, 12; 9:15; 1Ts 2:9; 2Ts 3:8, 10
Ibyak. 18:4Ibk 17:2
Ibyak. 18:4Mat 4:23
Ibyak. 18:5Ibk 15:27; 17:14
Ibyak. 18:5Ibk 16:1, 2; 1Ts 3:6
Ibyak. 18:5Ibk 17:2, 3; 28:23
Ibyak. 18:6Mat 10:14
Ibyak. 18:6Ezk 33:4
Ibyak. 18:6Ibk 20:26
Ibyak. 18:6Ibk 13:46; 28:28; Rom 1:16
Ibyak. 18:81Kor 1:14
Ibyak. 18:10Mat 28:20
Ibyak. 18:15Ibk 23:29; 25:19
Ibyak. 18:171Kor 1:1
Ibyak. 18:18Rom 16:1
Ibyak. 18:19Ibk 17:2
Ibyak. 18:22Ibk 15:36
Ibyak. 18:23Ibk 16:6
Ibyak. 18:23Ibk 14:21, 22; 15:32
Ibyak. 18:24Ibk 19:1; 1Kor 1:12; 3:5, 6
Ibyak. 18:26Rom 16:3; 1Kor 16:19
Ibyak. 18:28Gut 18:15; Zb 16:10; Yes 7:14; Mika 5:2
  • Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
  • 1
  • 2
  • 3
  • 4
  • 5
  • 6
  • 7
  • 8
  • 9
  • 10
  • 11
  • 12
  • 13
  • 14
  • 15
  • 16
  • 17
  • 18
  • 19
  • 20
  • 21
  • 22
  • 23
  • 24
  • 25
  • 26
  • 27
  • 28
Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
Ibyakozwe 18:1-28

Ibyakozwe n’intumwa

18 Nyuma y’ibyo Pawulo ava muri Atene, ajya i Korinto. 2 Nuko ahasanga Umuyahudi witwaga Akwila+ wavukiye i Ponto. Akwila yari amaze igihe gito avuye mu Butaliyani ari kumwe n’umugore we Purisikila, kubera ko Kalawudiyo yari yarategetse Abayahudi bose kuva i Roma. Pawulo arabasanga, 3 aguma mu rugo rwabo kubera ko bari bahuje umwuga wo kuboha amahema, nuko bakajya bakorana.+ 4 Icyakora, kuri buri sabato+ yatangaga ikiganiro* mu isinagogi,*+ akemeza Abayahudi n’Abagiriki ku buryo bizeraga Yesu.

5 Nuko Silasi+ na Timoteyo+ bamaze kuhagera bavuye i Makedoniya, Pawulo arushaho kubwiriza ijambo ry’Imana ashyizeho umwete, agaha Abayahudi ibimenyetso bigaragaza ko Yesu ari we Kristo.+ 6 Ariko igihe bakomezaga kumurwanya no kumutuka, yakunkumuye* imyenda ye,+ arababwira ati: “Amaraso yanyu sinzayabazwe.+ Njye nta kosa mfite.+ Uhereye ubu, nigiriye mu banyamahanga.”+ 7 Nuko avayo,* ajya mu nzu y’umugabo witwaga Titiyo Yusito wubahaga Imana, inzu ye ikaba yari iruhande rw’isinagogi. 8 Hanyuma umuyobozi w’isinagogi witwaga Kirisipo+ yizera Umwami, n’abo mu rugo rwe bose barizera. Abakorinto benshi bamaze kumva ubutumwa bwiza, na bo barizera barabatizwa. 9 Nanone, muri iryo joro Umwami abwira Pawulo mu iyerekwa ati: “Ntutinye, ahubwo ukomeze kuvuga kandi ntuceceke. 10 Dore ndi kumwe nawe+ kandi nta muntu uzagutera ngo akugirire nabi, kuko hari abantu benshi muri uyu mujyi bazanyizera.” 11 Arahaguma, amarayo umwaka n’amezi atandatu, abigisha ijambo ry’Imana.

12 Nuko igihe Galiyo yari umuyobozi wa Akaya,* Abayahudi bibasira Pawulo baramurwanya, bamujyana mu rukiko kugira ngo acirwe urubanza. 13 Baravuga bati: “Uyu muntu akora ibinyuranyije n’amategeko, akayobya abantu abigisha gusenga Imana mu bundi buryo.” 14 Ariko Pawulo agiye kugira icyo avuga, Galiyo abwira Abayahudi ati: “Mwa Bayahudi mwe, mu by’ukuri iyo haza kuba hakozwe ikintu kibi cyangwa icyaha gikomeye, nari kubihanganira nkabatega amatwi. 15 Ariko niba ari impaka z’amagambo, amazina n’amategeko yanyu,+ mwe ubwanyu mugomba kubyikemurira. Sinshaka kuba umucamanza w’ibyo bintu.” 16 Nuko abirukana mu rukiko. 17 Hanyuma bose bafata Sositeni+ wari umuyobozi w’isinagogi, bamukubitira mu rukiko. Ariko ibyo byose Galiyo ntiyabyitaho.

18 Icyakora Pawulo amazeyo indi minsi myinshi, asezera ku bavandimwe afata ubwato ajya i Siriya, ari kumwe na Purisikila na Akwila. Igihe yari i Kenkireya,+ yiyogoshesheje umusatsi asigaho muke, kuko yari amaze gukora ibyo yari yarasezeranyije Imana. 19 Nuko bagera muri Efeso maze abasiga aho. Yinjira mu isinagogi maze afasha Abayahudi gusobanukirwa ibyanditswe.+ 20 Icyakora nubwo bakomeje kumusaba ngo agumeyo igihe kinini, ntiyabemereye. 21 Ahubwo yabasezeyeho arababwira ati: “Nzagaruka kubasura Yehova* nabishaka.” Hanyuma afata ubwato ava muri Efeso, 22 agera i Kayisariya. Nuko arakomeza aragenda ajya gusuhuza abagize itorero,* ahavuye ajya muri Antiyokiya.+

23 Ahamaze igihe arahava, ajya mu turere dutandukanye tw’i Galatiya n’i Furugiya,+ atera inkunga abigishwa bose.+

24 Nuko Umuyahudi witwaga Apolo+ wavukiye muri Alegizandiriya agera muri Efeso. Yari umugabo uzi kuvuga, akaba n’umuhanga mu Byanditswe. 25 Uwo mugabo yari yarigishijwe ibyerekeye Yehova, kandi kubera ko yari afite ishyaka ryinshi atewe n’umwuka wera, yatangiye kuvuga no kwigisha ibya Yesu nk’uko biri koko. Icyakora yari azi ibyerekeye umubatizo wa Yohana gusa. 26 Uwo mugabo atangira kwigisha mu isinagogi afite ubutwari. Purisikila na Akwila+ bamwumvise, bamujyana iwabo maze bamusobanurira ibyerekeye Imana, kugira ngo arusheho kubimenya neza. 27 Nanone kubera ko Apolo yifuzaga kunyura muri Akaya, abavandimwe bandikiye abigishwa babatera inkunga yo kumwakira bamwishimiye. Nuko agezeyo, afasha cyane abari barizeye biturutse ku neza ihebuje y’Imana.* 28 Yagaragarizaga mu ruhame ko Abayahudi bibeshya, akabikorana imbaraga kandi akerekana akoresheje Ibyanditswe ko Yesu ari we Kristo.+

Ibyasohotse mu Marenga (2017-2025)
Sohoka
Injira
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze