Imigani
2 Si byiza ko umuntu abaho adafite ubumenyi,+
Kandi umuntu uhubuka, akora icyaha.
3 Ubwenge buke bw’umuntu butuma akora ibibi,
Yarangiza akarakarira Yehova.
4 Iyo umuntu ari umukire agira incuti nyinshi,
Ariko umukene we n’incuti ze ziramuta.+
6 Abantu benshi baba bashaka kuba incuti z’umukire,
Kandi buri wese aba ashaka kuba incuti y’umuntu utanga.
Abakurikira ashaka kugira icyo abasaba, bakamwirengagiza.
8 Umuntu ushaka ubwenge aba yigirira neza,+
Kandi umuntu uha agaciro ubushishozi azagira icyo ageraho.+
9 Umutangabuhamya ushinja ibinyoma azahanwa,
Kandi umuntu uhora abeshya azarimbuka.+
10 Umuntu utagira ubwenge ntakwiriye kuba mu iraha,
Kandi ntibikwiriye ko umugaragu ategeka ibikomangoma.+
12 Umwami warakaye aba ameze nk’intare itontoma,+
Ariko umwami ugaragaza ineza aba ameze nk’ikime kiri ku byatsi.
13 Umwana utagira ubwenge ateza papa we ibibazo,+
Kandi umugore ugira amahane aba ameze nk’igisenge gihora kiva.+
14 Inzu n’ubutunzi umuntu abiragwa na papa we,
Ariko umugore w’umunyabwenge atangwa na Yehova.+
15 Ubunebwe butera ibitotsi byinshi,
Kandi umunebwe azicwa n’inzara.+
19 Umuntu urakara cyane azabibazwa,
Kandi niyo wamukiza, uzajya uhora ubikora.+
21 Umuntu aba afite imigambi myinshi mu mutima,
Ariko icyo Yehova ashaka ni cyo gikorwa.+
22 Urukundo umuntu agaragariza abandi ni rwo rutuma akundwa,+
Kandi ibyiza ni ukuba umukene aho kuba umunyabinyoma.
23 Gutinya Yehova biyobora ku buzima.+
Bituma umuntu asinzira neza kandi ntihagire ikimutera ubwoba.+
24 Umunebwe akoza intoki mu byokurya,
Ariko no kwitamika ubwabyo bikamunanira.+
25 Jya uhana umuntu useka abandi,+ kugira ngo utaraba inararibonye abe umunyabwenge.+
Nanone ujye ucyaha umuntu ujijutse kugira ngo arusheho kugira ubumenyi.+
26 Umwana ufata papa we nabi kandi akirukana mama we,
Aba ari umwana ukora ibiteye isoni kandi bigayitse.+
27 Mwana wanjye, nureka gutega amatwi inama ugirwa,
Bizatuma uyoba ureke amagambo y’ubwenge.