Yesaya
55 Yemwe abafite inyota mwese,+ nimuze mufate amazi.+
Namwe abadafite amafaranga nimuze mugure murye.
Rwose, nimuze mugure divayi n’amata+ mudatanze amafaranga cyangwa ikindi kintu.+
2 Kuki mukomeza gutanga amafaranga mugura ibintu bitari ibyokurya
Kandi se kuki mutanga amafaranga muba mwabonye bibaruhije mugura ibintu bidahaza?
3 Mutege amatwi kandi munsange.+
Nimwumve maze muzakomeze kubaho
Kandi nzagirana namwe isezerano rihoraho,+
Rihuje n’urukundo rudahemuka nakunze Dawidi, isezerano ryo kwizerwa.+
5 Dore uzahamagara abantu utazi
Kandi abantu bo mu gihugu utigeze kumenya baziruka bagusanga,
Kubera Yehova Imana yawe,+ Uwera wa Isirayeli,
Kuko azagushyira hejuru.+
7 Umuntu mubi nareke ibyo akora+
N’ugira nabi ahindure ibitekerezo bye.
8 Yehova aravuga ati: “Kuko ibyo mutekereza atari byo ntekereza+
Kandi ibyo mukora bitandukanye n’ibyo nkora.
9 Nk’uko ijuru risumba isi,
Ni ko n’ibikorwa byanjye bisumba ibyanyu
Kandi ibyo ntekereza bisumba ibyo mutekereza.+
10 Nk’uko imvura n’urubura bimanuka bivuye mu ijuru
Ntibisubireyo bitaratosa ubutaka, ngo bimeze imyaka kandi yere,
Umuhinzi akabona imbuto n’urya akabona ibyokurya,
11 Ni ko ijambo ryanjye riva mu kanwa kanjye rizamera.+
Imisozi n’udusozi bizanezererwa imbere yanyu, bisakuze byishimye+
Kandi ibiti byo mu murima byose bizakoma amashyi.+
13 Ahari ibihuru by’amahwa hazamera igiti cy’umuberoshi,+
Naho ahari igisura hamere igiti cy’umuhadasi.
Bizatuma izina rya Yehova rimenyekana,+
Bibe ikimenyetso kitazigera kivaho.”