ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Ibyakozwe 19
  • Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

Ibivugwa mu gitabo cy’Ibyakozwe

      • Pawulo ari muri Efeso. Bamwe bongera kubatizwa (1-7)

      • Pawulo abwiriza kandi akigisha (8-10)

      • Agera kuri byinshi n’ubwo umudayimoni yashatse kumubangamira (11-20)

      • Muri Efeso haba imvururu (21-41)

Ibyakozwe 19:1

Impuzamirongo

  • +Ibk 18:24; 1Kor 3:5, 6
  • +1Kor 16:8, 9

Ibyakozwe 19:2

Impuzamirongo

  • +Ibk 2:38

Ibyakozwe 19:3

Impuzamirongo

  • +Ibk 18:24, 25

Ibyakozwe 19:4

Impuzamirongo

  • +Mat 3:11; Mar 1:4
  • +Yoh 1:15, 30

Ibyakozwe 19:6

Impuzamirongo

  • +Ibk 8:14, 17
  • +Ibk 2:1, 4; 10:45, 46; 1Kor 12:8, 10

Ibyakozwe 19:8

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Ni ahantu Abayahudi bahuriraga kugira ngo basenge kandi basome Ibyanditswe. Reba Ibisobanuro by’amagambo.

Impuzamirongo

  • +Ibk 17:2
  • +Ibk 1:3; 28:30, 31

Ibyakozwe 19:9

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Cyangwa “bakomezaga kwinangira ntibizere.”

  • *

    Ibi byerekeza ku nyigisho z’Abakristo n’imyitwarire ibaranga.

Impuzamirongo

  • +Ibk 9:1, 2; 22:4
  • +Mat 10:14

Ibyakozwe 19:11

Impuzamirongo

  • +Ibk 14:3

Ibyakozwe 19:12

Impuzamirongo

  • +Mar 6:56; Ibk 5:15
  • +Mat 10:1

Ibyakozwe 19:13

Impuzamirongo

  • +Ibk 16:18

Ibyakozwe 19:15

Impuzamirongo

  • +Mat 8:28, 29; Mar 1:23, 24; Luka 4:33, 34
  • +Ibk 16:16, 17

Ibyakozwe 19:16

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Ijambo ry’Ikigiriki ryahinduwemo “kwambara ubusa” rishobora kuba ryerekeza ku kwambara imyenda y’imbere yonyine. Ntirisobanura ko umuntu aba yambaye ubusa buri buri.

Ibyakozwe 19:19

Impuzamirongo

  • +Gut 18:10, 11

Ibyakozwe 19:20

Impuzamirongo

  • +Ibk 6:7; 12:24; Kol 1:6

Ibyakozwe 19:21

Impuzamirongo

  • +1Kor 16:5
  • +Ibk 20:22
  • +Ibk 23:11

Ibyakozwe 19:22

Impuzamirongo

  • +Ibk 16:1, 2
  • +2Tm 4:20

Ibyakozwe 19:23

Impuzamirongo

  • +2Kor 1:8
  • +Ibk 9:1, 2; 19:9; 22:4

Ibyakozwe 19:24

Impuzamirongo

  • +Ibk 16:16

Ibyakozwe 19:26

Impuzamirongo

  • +Efe 1:1
  • +Ibk 17:29; 1Kor 8:4

Ibyakozwe 19:29

Impuzamirongo

  • +Ibk 20:4; Kol 4:10; Flm 23, 24

Ibyakozwe 19:38

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Umuyobozi.”

Impuzamirongo

  • +Ibk 19:24

Byose

Ibyak. 19:1Ibk 18:24; 1Kor 3:5, 6
Ibyak. 19:11Kor 16:8, 9
Ibyak. 19:2Ibk 2:38
Ibyak. 19:3Ibk 18:24, 25
Ibyak. 19:4Mat 3:11; Mar 1:4
Ibyak. 19:4Yoh 1:15, 30
Ibyak. 19:6Ibk 8:14, 17
Ibyak. 19:6Ibk 2:1, 4; 10:45, 46; 1Kor 12:8, 10
Ibyak. 19:8Ibk 17:2
Ibyak. 19:8Ibk 1:3; 28:30, 31
Ibyak. 19:9Ibk 9:1, 2; 22:4
Ibyak. 19:9Mat 10:14
Ibyak. 19:11Ibk 14:3
Ibyak. 19:12Mar 6:56; Ibk 5:15
Ibyak. 19:12Mat 10:1
Ibyak. 19:13Ibk 16:18
Ibyak. 19:15Mat 8:28, 29; Mar 1:23, 24; Luka 4:33, 34
Ibyak. 19:15Ibk 16:16, 17
Ibyak. 19:19Gut 18:10, 11
Ibyak. 19:20Ibk 6:7; 12:24; Kol 1:6
Ibyak. 19:211Kor 16:5
Ibyak. 19:21Ibk 20:22
Ibyak. 19:21Ibk 23:11
Ibyak. 19:22Ibk 16:1, 2
Ibyak. 19:222Tm 4:20
Ibyak. 19:232Kor 1:8
Ibyak. 19:23Ibk 9:1, 2; 19:9; 22:4
Ibyak. 19:24Ibk 16:16
Ibyak. 19:26Efe 1:1
Ibyak. 19:26Ibk 17:29; 1Kor 8:4
Ibyak. 19:29Ibk 20:4; Kol 4:10; Flm 23, 24
Ibyak. 19:38Ibk 19:24
  • Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
  • 1
  • 2
  • 3
  • 4
  • 5
  • 6
  • 7
  • 8
  • 9
  • 10
  • 11
  • 12
  • 13
  • 14
  • 15
  • 16
  • 17
  • 18
  • 19
  • 20
  • 21
  • 22
  • 23
  • 24
  • 25
  • 26
  • 27
  • 28
  • 29
  • 30
  • 31
  • 32
  • 33
  • 34
  • 35
  • 36
  • 37
  • 38
  • 39
  • 40
  • 41
Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
Ibyakozwe 19:1-41

Ibyakozwe n’intumwa

19 Hanyuma igihe Apolo+ yari i Korinto, Pawulo anyura mu turere two muri icyo gihugu, aramanuka agera muri Efeso,+ ahasanga bamwe mu bigishwa. 2 Nuko arababaza ati: “Ese mwahawe umwuka wera igihe mwizeraga?”+ Baramusubiza bati: “Ntitwigeze twumva iby’umwuka wera.” 3 Arongera arababaza ati: “None se mwabatijwe uwuhe mubatizo?” Baramusubiza bati: “Umubatizo wa Yohana.”+ 4 Pawulo aravuga ati: “Yohana yabatizaga umubatizo ugaragaza kwihana,+ abwira abantu ko bagombaga kwizera uwari kuza nyuma ye,+ ari we Yesu.” 5 Babyumvise, babatizwa mu izina ry’Umwami Yesu. 6 Nuko Pawulo abarambikaho ibiganza, maze umwuka wera ubazaho,+ batangira kuvuga izindi ndimi no guhanura.+ 7 Bose hamwe bari abagabo bagera kuri 12.

8 Mu gihe cy’amezi atatu, yinjiraga mu isinagogi*+ akavugana ubutwari kandi agatanga ibiganiro, asobanurira abantu iby’Ubwami bw’Imana.+ 9 Ariko igihe bamwe bangaga kwizera,* ahubwo bagasebya Inzira y’Ukuri*+ imbere y’abantu benshi, yitandukanyije na bo+ kandi ajyana n’abigishwa, buri munsi agatanga ibiganiro mu cyumba cy’ishuri rya Turano. 10 Ibyo byamaze imyaka ibiri, ku buryo abari batuye mu ntara ya Aziya bose, baba Abayahudi cyangwa Abagiriki, bumvise ijambo ry’Umwami.

11 Imana yakomezaga gukora ibitangaza ikoresheje Pawulo.+ 12 Byageze nubwo abantu batwaraga udutambaro hamwe n’amataburiya yakoreshaga bakabishyira abarwayi,+ maze bagakira n’imyuka mibi ikabavamo.+ 13 Ariko bamwe mu Bayahudi bagendaga hose birukana abadayimoni, na bo batangira kujya bavuga izina ry’Umwami Yesu, baribwira ababaga batewe n’abadayimoni. Barababwiraga bati: “Turabirukanye mu izina rya Yesu, uwo Pawulo abwiriza.”+ 14 Mu babikoraga harimo abahungu barindwi ba Sikewa, wari umwe mu bakuru b’abatambyi b’Abayahudi. 15 Igihe kimwe umuntu wari watewe n’umudayimoni yarababwiye ati: “Yesu ndamuzi+ kandi na Pawulo ndamuzi.+ Ariko se mwe muri ba nde?” 16 Nuko uwo muntu wari watewe n’umudayimoni arabasimbukira, arabarwanya abarusha imbaraga bose, ku buryo basohotse muri iyo nzu bagahunga bambaye ubusa* kandi bakomeretse. 17 Ibyo bimenyekana mu bantu bose, maze Abayahudi n’Abagiriki bari batuye muri Efeso bagira ubwoba bwinshi. Ni uko izina ry’Umwami rikomeza gusingizwa. 18 Abantu benshi bari barizeye barazaga bakemera ibyaha bakoze kandi bakabivugira imbere y’abantu benshi. 19 Nanone, abantu benshi bakoraga ibikorwa by’ubumaji bateranyirije hamwe ibitabo byabo maze babitwikira imbere y’abantu bose.+ Nuko babara igiciro cyabyo basanga kingana n’ibiceri by’ifeza 50.000. 20 Uko ni ko ijambo rya Yehova ryakomeje kwamamara no kugira imbaraga.+

21 Ibyo birangiye, Pawulo yiyemeza ko namara kunyura muri Makedoniya+ no muri Akaya azajya i Yerusalemu.+ Aravuga ati: “Nimara kugerayo, nzajya n’i Roma.”+ 22 Nuko atuma i Makedoniya abantu babiri mu bamukoreraga, ari bo Timoteyo+ na Erasito,+ ariko we atinda mu ntara ya Aziya, ahamara igihe.

23 Muri icyo gihe hatangira imvururu+ zikaze ku bihereranye n’Inzira y’Ukuri.+ 24 Hari umuntu witwaga Demetiriyo wakoraga ibintu byo mu ifeza. Yakoraga udushusho tw’urusengero rwa Arutemi, agatuma abanyabukorikori+ babona amafaranga menshi. 25 Nuko ahuriza hamwe abo bakoranaga hamwe n’abandi banyabukorikori, maze arababwira ati: “Bagabo, muzi neza ko uyu murimo wacu ari wo dukesha ubu bukire dufite. 26 Nanone mwumva ukuntu Pawulo yoshya abantu benshi kandi namwe murabyibonera. Ntabikora muri Efeso+ gusa, ahubwo abikora no mu ntara ya Aziya hafi ya yose, avuga ko imana zakozwe n’amaboko atari imana,+ kandi ibyo bituma abantu bahindura imitekerereze. 27 Ikindi kandi, uyu mwuga wacu si wo uzata agaciro wonyine, ahubwo n’urusengero rw’imanakazi ikomeye Arutemi na rwo abantu bazabona ko nta cyo ruvuze, kandi Arutemi isengwa mu ntara ya Aziya hose no ku isi hose ntizongera guhabwa icyubahiro.” 28 Abo bagabo babyumvise, bararakara cyane maze batangira gusakuza bavuga bati: “Arutemi y’Abefeso irakomeye!”

29 Nuko umujyi wose uravurungana, maze abantu bose bazira rimwe mu kibuga cy’imikino bakurubana Gayo na Arisitariko,+ bakaba bari Abanyamakedoniya bagendanaga na Pawulo. 30 Pawulo we yari yiteguye kwinjira muri icyo kibuga ngo ajye kuvugisha abantu, ariko abigishwa baramubuza. 31 Ndetse bamwe mu bahagarariraga ibirori n’imikino bamukundaga bamutumyeho, baramwinginga ngo yirinde kwinjira mu kibuga cy’imikino kuko yaba ashyize ubuzima bwe mu kaga. 32 Abantu barasakuzaga, bamwe bavuga ibyabo, abandi bavuga ibyabo. Abantu bose bari bavurunganye, kandi abenshi muri bo ntibari bazi n’impamvu yatumye bateranira aho. 33 Nuko bose hamwe bakura Alegizanderi mu bantu, maze Abayahudi bamushyira imbere. Alegizanderi akora ikimenyetso n’ukuboko kwe, abasaba guceceka kugira ngo yiregurire imbere y’abantu. 34 Ariko bamenye ko ari Umuyahudi, bose basakuriza rimwe, bamara hafi amasaha abiri bavuga cyane bati: “Arutemi y’Abefeso irakomeye!”

35 Amaherezo umuyobozi w’umujyi amaze gucecekesha abantu, aravuga ati: “Bagabo bo muri Efeso! Mu by’ukuri ni nde utazi ko ari twe turinda urusengero rwa Arutemi ikomeye, tukarinda n’ishusho yayo yavuye mu ijuru? 36 Ubwo rero, kubera ko ibyo tutabishidikanyaho, mutuze ntimugire icyo mukora muhubutse, 37 kuko aba bagabo mwazanye batasahuye urusengero cyangwa ngo batuke imanakazi yacu. 38 Niba rero Demetiriyo+ n’abanyabukorikori bari kumwe na we bafite uwo barega, hari iminsi yo kuburana kandi n’abayobozi* barahari. Abo bazajye kuregana. 39 Ariko niba mushaka ibindi birenze ibyo, bigomba gukemurirwa mu nama yatumijwe n’abayobozi. 40 Naho ubundi, dushobora kuregwa ko twigometse kubera ibyabaye uyu munsi, kandi nta mpamvu n’imwe twatanga yatumye duteza uyu muvurungano.” 41 Nuko amaze kuvuga ibyo, asezerera abo bantu.

Ibyasohotse mu Marenga (2017-2025)
Sohoka
Injira
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze