19 Uzajya uvunika cyane* kugira ngo ubone ibyokurya kugeza aho uzasubirira mu butaka, kuko ari mo wakuwe.+ Uri umukungugu kandi mu mukungugu ni mo uzasubira.”+
15 Nk’uko umuntu yavuye mu nda ya mama we yambaye ubusa, ni na ko azagenda.+ Azagenda nk’uko yaje kandi nta kintu na kimwe ashobora gutwara mu byo yakoranye umwete byose.+