22 Aho ni ho nzajya nkwiyerekera kandi mvugane nawe ndi hejuru y’umupfundikizo.+ Hagati y’abakerubi babiri bari hejuru y’isanduku irimo Amategeko,* ni ho nzajya nkubwirira ibyo nzagutegeka byose ngo ubibwire Abisirayeli.
4 Nuko Abisirayeli bohereza abantu i Shilo bazana isanduku y’isezerano rya Yehova nyiri ingabo wicara ku ntebe iri hejuru* y’abakerubi.+ Abahungu babiri ba Eli, ari bo Hofuni na Finehasi,+ na bo bari kumwe n’iyo sanduku y’isezerano ry’Imana y’ukuri.