-
Mariko 3:1-6Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
3 Nuko Yesu yongera kwinjira mu isinagogi,* asangamo umuntu wari ufite ukuboko kwagagaye.+ 2 Abafarisayo baramwitegereza cyane kugira ngo barebe ko amukiza ku Isabato, bityo babone icyo bamurega. 3 Abwira uwo muntu wari ufite ukuboko kwagagaye ati: “Haguruka uze hano hagati.” 4 Hanyuma arababaza ati: “Ese amategeko yemera ko umuntu akora ikintu cyiza cyangwa ikibi ku Isabato? Ese yemera ko umuntu agira uwo akiza cyangwa uwo yica?”+ Ariko bose baraceceka. 5 Nuko amaze kubitegereza abarakariye kandi ababajwe cyane n’uko ari abantu batumva,+ abwira uwo muntu ati: “Rambura ukuboko kwawe.” Arakurambura, maze ukuboko kongera kuba kuzima. 6 Abafarisayo babibonye barasohoka, bahita batangira gucura umugambi bari kumwe n’abayoboke b’ishyaka rya Herode,+ kugira ngo barebe uko bamwica.
-
-
Luka 6:6-11Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
6 Ku yindi Sabato+ yinjira mu isinagogi atangira kwigisha. Aho hari umuntu wari ufite ukuboko kw’iburyo kwagagaye.+ 7 Icyo gihe abanditsi n’Abafarisayo barimo bamwitegereza cyane, kugira ngo barebe ko amukiza ku Isabato, maze babone aho bahera bamurega. 8 Ariko amenya ibyo batekereza.+ Nuko abwira uwo mugabo ufite ukuboko kwagagaye ati: “Haguruka uhagarare hano hagati.” Uwo mugabo arahaguruka arahagarara. 9 Hanyuma Yesu arababwira ati: “Reka mbabaze: Ese amategeko yemera ko umuntu akora ikintu cyiza cyangwa ikibi ku Isabato? Ese yemera ko umuntu agira uwo akiza cyangwa akamwica?”+ 10 Nuko amaze kubitegereza bose, abwira uwo mugabo ati: “Rambura ukuboko kwawe.” Arakurambura, maze ukuboko kwe kongera kuba kuzima. 11 Ariko bararakara cyane, bamera nk’abafashwe n’ibisazi, maze batangira kujya inama y’icyo bazakorera Yesu.
-