-
Luka 4:31-37Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
31 Hanyuma ajya mu mujyi w’i Galilaya witwa Kaperinawumu. Icyo gihe yabigishaga ari ku Isabato.+ 32 Nuko batangarira uburyo yigishaga,+ kuko yavuganaga ubutware. 33 Icyo gihe mu isinagogi harimo umuntu watewe n’umwuka mubi, ni ukuvuga umudayimoni. Atangira gusakuza avuga ati:+ 34 “Turapfa iki nawe Yesu w’i Nazareti?+ Waje kuturimbura? Nzi neza uwo uri we. Uri Uwera kandi watumwe n’Imana!”+ 35 Ariko Yesu acyaha uwo mudayimoni ati: “Ceceka kandi umuvemo!” Nuko uwo mudayimoni amaze gutura uwo muntu hasi hagati yabo, amuvamo nta cyo amutwaye. 36 Ababibonye bose baratangara, barabwirana bati: “Ibi bintu ntibisanzwe! Ari gukoresha imbaraga n’ubutware, agategeka abadayimoni bakava mu bantu!” 37 Nuko inkuru ivuga ibye ikomeza gukwirakwira mu turere twose tuhakikije.
-