Gutegeka kwa Kabiri
33 Iyi ni yo migisha Mose umuntu w’Imana y’ukuri yahaye Abisirayeli mbere y’uko apfa.+ 2 Yaravuze ati:
“Yehova yaje aturutse kuri Sinayi,+
Abamurikira aturutse i Seyiri.
Yabamurikiye aturutse mu misozi miremire y’i Parani,+
Ari kumwe n’abamarayika benshi cyane,*+
Iburyo bwe hari ingabo ze.+
Mana, abera bawe bose bari mu kiganza cyawe.+
7 Na Yuda yamuhaye umugisha agira ati:+
“Yehova, umva ijwi rya Yuda,+
Umusubize mu bantu be.
Amaboko ye yarwaniriye umutungo we.
Ujye umufasha gutsinda abanzi be.”+
Yamurwanyirije ku mazi y’i Meriba.+
9 Uwo muntu yabwiye papa we na mama we ati: ‘simbitayeho.’
Yirengagije abavandimwe be,+
Ntiyifatanya n’abana be.
Kuko yumviye ijambo ryawe,
Akomeza kubahiriza isezerano ryawe.+
Ajye atwika umubavu* uguhumurira neza,+
Atambire ku gicaniro* cyawe ituro riturwa ryose uko ryakabaye.+
11 Yehova, uhe umugisha imbaraga ze,
Kandi wishimire ibyo akora.
Amaguru y’abashaka kumurwanya uyajanjagure,
Kugira ngo abamwanga cyane batazongera kweguka.”
“Ukundwa na Yehova azatura mu mutekano hafi ye,
Ahore amurinze umunsi wose.
Azatura mu bitugu bye.”
“Yehova ahe umugisha igihugu cye,+
Umugisha w’ibyiza kurusha ibindi byo mu ijuru,
Uw’ikime n’uw’amazi aturuka munsi y’ubutaka,+
14 Amuhe n’ibyiza kurusha ibindi by’izuba,
Ibyiza kurusha ibindi byera buri kwezi,+
15 Ibyiza kurusha ibindi byo mu misozi ya kera,*+
Ibyiza kurusha ibindi byo mu dusozi duhoraho iteka,
16 Amuhe n’ibyiza kurusha ibindi byo mu isi n’ubutunzi bwayo.+
Uwigaragarije mu gihuru cy’amahwa amwishimire.+
Iyo migisha izaze kuri Yozefu,
Ibe ku mutwe w’uwatoranyijwe mu bavandimwe be.+
17 Afite icyubahiro nk’icy’ikimasa cyavutse mbere,
Amahembe ye ni nk’ay’ikimasa cyo mu gasozi.
Azayicisha abantu bo mu bihugu,
Ibihugu byose kugera ku mpera y’isi.
Ayo mahembe ni ibihumbi byinshi by’Abefurayimu,+
Ni ibihumbi by’Abamanase.”
“Zabuloni we, ishime uri mu ngendo zawe,
Nawe Isakari we, ishime uri mu mahema yawe.+
19 Bazahamagara abantu baze ku musozi.
Bazahatambira ibitambo byo gukiranuka.
Bazavana ubutunzi bwinshi mu nyanja,
Babone n’ubutunzi buhishwe mu musenyi.”
“Umuntu utuma aho Gadi atuye haba hanini azahabwa umugisha.+
Azaryama nk’intare,
Yiteguye gutanyagura ukuboko no kumenagura umutwe by’umuhigo.
Abatware bazateranira hamwe.
Azatuma ubutabera bwa Yehova bwubahirizwa,
Anacire imanza Isirayeli.”
“Dani ni nk’icyana cy’intare.+
Azasimbuka aturutse i Bashani.”+
“Nafutali ashimishijwe n’uko Yehova amwemera,
Kandi akamuha imigisha myinshi.
Igarurire uburengerazuba n’amajyepfo.”
“Asheri yahawe umugisha wo kugira abana benshi.
Azemerwa n’abavandimwe be,
Kandi azogesha ibirenge bye amavuta.*
26 Nta wuhwanye n’Imana y’ukuri+ ya Yeshuruni,+
Yambukiranya ijuru ije kugutabara,
Ikagendera ku bicu byo mu kirere mu cyubahiro cyayo.+
28 Isirayeli azatura ahari umutekano,
Iriba rya Yakobo rizaba riri ukwaryo,
Mu gihugu kirimo ibinyampeke na divayi nshya.+
Ijuru rye rizatuma ikime kiza.+