Zaburi
Ku muyobozi w’abaririmbyi. Indirimbo ya Dawidi.
2 Nuko ankura mu rwobo ruteye ubwoba,
Ankura mu byondo byinshi,
Aranzamura ampagarika ku rutare,
Ndahagarara ndakomera.
Abantu benshi bazabibona batinye,
Maze biringire Yehova.
4 Umuntu ugira ibyishimo ni uwiringira Yehova,
Ntahindukire ngo akurikire abantu b’ibyigomeke cyangwa abanyabinyoma.
5 Yehova Mana yanjye,
Ibyo wakoze ni byinshi.
Imirimo yawe itangaje n’ibyo utekereza kudukorera na byo ni byinshi.+
Nta wagereranywa nawe.+
Nashatse kuvuga ibyo wakoze no kubirondora,
Biba byinshi cyane ku buryo ntashobora kubivuga byose.+
6 Ibitambo n’amaturo ntiwabishatse.+
Ahubwo watumye ntega amatwi amategeko yawe kandi ndayumvira.+
Ntiwasabye ibitambo bitwikwa n’umuriro n’ibitambo bitambirwa ibyaha.+
9 Natangaje ubutumwa bwiza bwo gukiranuka mu iteraniro rinini.+
Dore sinifashe ngo ndeke kuvuga.+
Yehova, ibyo urabizi neza.
10 Sinahishe gukiranuka kwawe.
Namamaje ubudahemuka bwawe n’ibikorwa byawe byo gukiza.
Sinahishe iteraniro ry’abantu benshi urukundo rwawe rudahemuka n’ukuri kwawe.”+
11 None Yehova, rwose ngirira impuhwe.
Undinde kubera ko ufite urukundo rudahemuka kandi ukaba uri uwizerwa.+
12 Ibyago byanjye byabaye byinshi cyane kugeza ubwo ntashobora kubibara.+
Amakosa yanjye yabaye menshi cyane ku buryo ntashobora kuyamenya yose.+
Yabaye menshi cyane kuruta umusatsi wo ku mutwe wanjye,
Kandi nacitse intege.
13 Yehova, ndakwinginze nkiza.+
Yehova, banguka untabare.+
14 Abanshakisha ngo banyice,
Bose bamware kandi bakorwe n’isoni.
Abishimira ibyago byanjye,
Bahunge kandi basebe.
15 Abambwira bati: “Awa!”
Bitegereze bumiwe bitewe n’uko bakozwe n’ikimwaro.
Abakunda ibikorwa byawe byo gukiza,
Bajye bahora bavuga bati: “Yehova nasingizwe.”+
17 Ariko njyewe simfite kirengera kandi ndi umukene.
Yehova, rwose nyitaho.
Ni wowe umfasha kandi ni wowe unkiza.+
Mana yanjye, ntutinde.+