Zaburi
Isengesho rya Dawidi.
17 Yehova, umva kwinginga kwanjye ngusaba ubutabera.
Tega amatwi gutabaza kwanjye.
Umva isengesho ryanjye ngutura nta buryarya.+
Amaso yawe arebe ibikwiriye.
Wabonye ko ntigeze ntekereza gukora ibidakwiriye,
Kandi sinzavuga ibibi.
6 Mana yanjye, nzagusenga kuko uzansubiza.+
Ntega amatwi* wumve amagambo yanjye.+
7 Nyereka ibikorwa bitangaje bigaragaza urukundo rwawe rudahemuka.+
Ni wowe ukiza abashakira ubuhungiro mu kuboko kwawe kw’iburyo,
Bahunga abakwigomekaho.
9 Ndinda unkize abantu babi bangabaho ibitero.
Nkiza abanzi banjye bankikije kugira ngo batanyica.+
10 Imitima yabo yabaye ikinya.
Amagambo yabo yuzuyemo kwiyemera.
Baduhozaho amaso bashaka kutugirira nabi.*
12 Buri wese muri bo ameze nk’intare ishaka gutanyagura inyamaswa yafashe,
Cyangwa intare ikiri nto itegerereje aho yihishe, kugira ngo igire icyo ifata.
14 Yehova, nkiza ukoresheje ukuboko kwawe.
Nkiza abantu b’iyi si bashishikazwa gusa n’ibyiza by’ubu buzima.+
Bahaze ibintu byiza utanga,+
Kandi babiraga abana babo benshi.
15 Ariko njye nkora ibikwiriye kandi ni byo bituma unyishimira.
Nkanguka nzi ko uri kumwe nanjye kandi numva nyuzwe.+