ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • my inkuru 26
  • Yobu ni indahemuka ku Mana

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Yobu ni indahemuka ku Mana
  • Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Yobu yari muntu ki?
    Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Yobu yahesheje ikuzo izina rya Yehova
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2009
  • “Sinzikuraho ubudahemuka bwanjye!”
    Twigane ukwizera kwabo
  • Ikibazo cy’ingenzi Kikwerekeye
    Ushobora Kubaho Iteka Ku Isi Izahinduka Paradizo
Reba ibindi
Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
my inkuru 26
Yobu yarakize, yishimanye n’umugore we, abana be n’inshuti ze

INKURU YA 26

Yobu ni indahemuka ku Mana

ESE ntiwumva ugiriye impuhwe uyu murwayi uri kuri iyi shusho? Uyu mugabo yitwa Yobu, naho uwo mugore akaba ari uwe. Uzi se icyo uwo mugore arimo abwira Yobu? Arimo aramubwira ati ‘vuma Imana maze wipfire.’ Reka turebe impamvu amubwira atyo, n’icyatumye Yobu ababara cyane bene aka kageni.

Yobu yari umuntu w’indahemuka wumviraga Yehova. Yari atuye mu gihugu cya Usi, bugufi bw’i Kanaani. Yehova yakundaga Yobu cyane, ariko yari afite umwanzi. Uzi uwo ari we?

Uwo mwanzi ni Satani. Wibuke ko Satani ari umumarayika mubi wanga Yehova. Satani yashoboye gutuma Adamu na Eva batumvira Yehova, bityo yibwira ko yashoboraga gutuma n’abandi bantu bose bamusuzugura. Ariko se yaba yarabigezeho? Ashwi da! Tekereza nawe abagabo n’abagore benshi b’indahemuka twamenye. Uzi amazina ya bangahe?

Nyuma yo gupfa kwa Yakobo na Yozefu baguye mu Misiri, Yobu ni we muntu wari indahemuka kuri Yehova kurusha abandi bose mu isi. Bityo, Yehova yashakaga ko Satani amenya ko atashoboraga gukururira abantu bose mu bibi, maze aramubwira ati ‘itegereze Yobu, urebe ukuntu ari indahemuka kuri jye.’

Satani yaramushubije ati ‘kuba ari indahemuka, ni uko wamuhaye umugisha kandi akaba atunze ibintu byiza byinshi. Ariko nubimwambura, azakuvuma.’

Yehova yashubije Satani ati ‘ngaho bimwambure. Umugirire inabi ushaka yose, maze turebe ko azamvuma. Gusa ntumwice.’

Umugore wa Yobu ababajwe n’uko yari arwaye cyane

Ubwa mbere, Satani yateje Yobu abajura maze biba inka n’ingamiya ze, kandi intama ze zirapfa. Nyuma y’ibyo, yicishije abahungu be 10 n’abakobwa be inkubi y’umuyaga. Hanyuma, yamuteje indwara mbi cyane. Yobu yarababaye cyane. Ni yo mpamvu umugore we yamubwiye ati ‘vuma Imana maze wipfire.’ Ariko Yobu ntiyabigenje atyo. Nanone, haje incuti ze eshatu z’ibinyoma maze zimubwira ko yagize imibereho mibi. Ariko Yobu yakomeje kuba indahemuka.

Ibyo byashimishije Yehova cyane, hanyuma aza guha Yobu umugisha, nk’uko ubibona kuri iyi shusho. Yamukijije ya ndwara ye. Yobu yongeye kugira abana 10 beza, agira inka, intama n’ingamiya, bikubye ibya mbere incuro ebyiri.

Ese wowe uzaba indahemuka kuri Yehova iteka nka Yobu? Nubigenza utyo, nawe Imana izaguha umugisha. Ushobora kuzabaho iteka igihe isi yose izaba yarahinduwe nziza cyane nka bwa busitani bwa Edeni.

Yobu 1:1-22; 2:1-13; 42:10-17.

Ibibazo byo gukoresha mu kwiga Igitabo cy’amateka ya Bibiliya

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze