ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • my inkuru 47
  • Umujura muri Isirayeli

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Umujura muri Isirayeli
  • Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Ingingo z’ingenzi z’ibikubiye mu gitabo cya Yosuwa
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2004
  • Mbega ukuntu izina rya Yehova ari ryiza!
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—1986
  • Ibyo Yosuwa yazirikanaga
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2002
  • Yosuwa 1:9—“Komera kandi ube intwari”
    Ibisobanuro by’imirongo yo muri Bibiliya
Reba ibindi
Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
my inkuru 47
Akani ahisha mu ihema rye zahabu yari yibye, ibiceri by’ifeza n’ikanzu nziza

INKURU YA 47

Umujura muri Isirayeli

REBA icyo uwo mugabo arimo ahisha mu ihema rye! Ni ikanzu nziza, umuhimba wa zahabu n’ibiceri by’ifeza. Yabivanye mu mudugudu wa Yeriko. Ariko se, ibyo bintu byagombye kuba byaragenjwe bite muri Yeriko? Ese uracyabyibuka?

Byagombye kuba byaratwitswe, naho zahabu n’ifeza byo bigashyirwa mu bubiko bw’ihema ry’ibonaniro rya Yehova. Bityo rero, aba bantu ntibumviye Imana. Bibye ibintu byayo. Uwo mugabo yitwa Akani, naho abo bari kumwe na we ni abagize umuryango we. Reka turebe uko byagenze.

Nyuma y’aho Akani yibiye ibyo bintu, Yosuwa yohereje abantu ngo batere umudugudu wa Ayi, ariko baraneshwa. Bamwe muri bo barishwe, abasigaye barahunga. Ibyo byababaje Yosuwa cyane. Yaguye yubamye maze asenga Yehova ati ‘kuki waretse ibi bikatugeraho?’

Nuko Yehova aramusubiza ati ‘byuka! Abisirayeli baracumuye. Batwaye ibintu byagombaga gutwikwa cyangwa bikajyanwa mu ihema ry’ibonaniro rya Yehova. Bibye ikanzu nziza maze barayihisha. Nzabaha umugisha ari uko mumaze kuyitwika, kandi mukayitwikana n’uwatwaye ibyo bintu.’ Hanyuma, Yehova yabwiye Yosuwa ko yari kumwereka uwo muntu mubi.

Yosuwa yakoranyije rubanda rwose, maze Yehova agaragaza wa muntu mubi Akani. Nuko Akani aravuga ati ‘naracumuye. Nabonye ikanzu nziza, umuhimba wa zahabu n’ibiceri by’ifeza maze ndabyifuza, nuko ndabitwara. Murabisanga aho bitabye mu ihema ryanjye.’

Igihe ibyo bintu byabonekaga maze bakabizanira Yosuwa, yabwiye Akani ati ‘kuki wadushyize mu kaga? Yehova aragushyira mu kaga nawe!’ Ako kanya, rubanda rwose rwahise rwicisha amabuye Akani n’umuryango we. Ibyo se ntibigaragaza ko tutagombye na rimwe gutwara ibintu bitari ibyacu?

Nyuma y’ibyo, Abisirayeli bongeye gutera umudugudu wa Ayi. Noneho ariko, Yehova yarabafashije maze baranesha.

Yosuwa 7:1-26; 8:1-29.

Ibibazo byo gukoresha mu kwiga Igitabo cy’amateka ya Bibiliya

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze