ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • gf isomo 4 pp. 6-7
  • Uko wamenya ibihereranye n’Imana

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Uko wamenya ibihereranye n’Imana
  • Ushobora Kuba Incuti y’Imana!
  • Ibisa na byo
  • Imana Ni Nde?
    Ni iki Imana Idusaba?
  • Urwandiko twohererejwe n’Imana idukunda
    Reka Umwigisha Ukomeye akwigishe
  • Imana ni nde?
    Ni iki Bibiliya itwigisha?
  • Imana Ni Nde?
    Ushobora Kubaho Iteka Ku Isi Izahinduka Paradizo
Reba ibindi
Ushobora Kuba Incuti y’Imana!
gf isomo 4 pp. 6-7

ISOMO RYA 4

Uko Wamenya Ibihereranye n’Imana

Ushobora kumenya ibihereranye na Yehova binyuriye mu gusoma Bibiliya. Kera cyane, Imana yatoranyije abantu bo kwandika ibitekerezo byayo. Izo nyandiko banditse zitwa Bibiliya. Muri iki gihe, tumenya ibihereranye n’Imana binyuriye mu gusoma Bibiliya. Kubera ko Bibiliya ikubiyemo ijambo rya Yehova cyangwa ubutumwa bwe, nanone yitwa Ijambo ry’Imana. Dushobora kwemera ibyo Bibiliya ivuga, kubera ko Yehova atigera na rimwe abeshya. ‘Imana ntibasha kubeshya’ (Abaheburayo 6:18). Ijambo ry’Imana ni ukuri.​—Yohana 17:17.

Umuryango usomera Bibiliya hamwe

Bibiliya ni imwe mu mpano z’igiciro cyinshi kuruta izindi zose twahawe n’Imana. Ni nk’ibaruwa umubyeyi wuje urukundo yoherereza abana be. Itubwira ibihereranye n’isezerano ry’Imana ryo guhindura iyi si ikaba ubuturo bushimishije—ni ukuvuga paradizo. Itubwira ibyo yakoze mu gihe cyahise, ibyo irimo ikora ubu, n’ibyo izakora mu gihe kizaza ku bw’abana bayo bizerwa. Nanone kandi, idufasha gukemura ibibazo duhura na byo no kubona ibyishimo.​—2 Timoteyo 3:16, 17.

Abahamya ba Yehova ni incuti z’Imana; bazagufasha gusobanukirwa ibyo Bibiliya yigisha. Babwire gusa ko ushaka kwiga Bibiliya. Ibyo babikora nta kiguzi (Matayo 10:8). Byongeye kandi, ushobora kujya mu materaniro ya Gikristo. Akorerwa mu mazu basengeramo yitwa Amazu y’Ubwami. Nujya mu materaniro ya Gikristo, uzagira ubumenyi ku byerekeye Imana mu buryo bwihuse cyane.

Ushobora kumenya ibihereranye n’Imana binyuriye ku bintu yaremye. Urugero, Bibiliya ivuga iti “Imana yaremye ijuru n’isi” (Itangiriro 1:1). Igihe Yehova yaremaga “ijuru,” yaremye izuba. None se, ni iki ibyo bitumenyesha ku bihereranye n’Imana? Bitumenyesha ko Yehova afite imbaraga nyinshi. Ni we wenyine washoboraga kurema ikintu gihambaye, nk’izuba. Nanone kandi, bitumenyesha ko Yehova afite ubwenge, kubera ko kurema izuba ritanga ubushyuhe kandi rikamurika ariko ntirishye ngo rikongoke, byasabaga ubwenge.

Ibyo Yehova yaremye bigaragaza ko adukunda. Tekereza amoko anyuranye y’imbuto yose aboneka ku isi. Yehova yashoboraga kuduha imbuto z’ubwoko bumwe gusa—cyangwa ntanaziduhe rwose. Ariko kandi, Yehova yaduhaye imbuto z’ubwoko bwinshi zifite imiterere, ubunini, amabara n’uburyohe bitandukanye. Ibyo bigaragaza ko Yehova atari Imana yuje urukundo gusa, ahubwo ko agira n’ubuntu bwinshi, agatekereza ku byo abandi bakeneye kandi akaba agira ineza.​—Zaburi 104:24.

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze