ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • w99 15/12 p. 25
  • Bagaragaje ubushizi bw’amanga

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Bagaragaje ubushizi bw’amanga
  • Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—1999
  • Ibisa na byo
  • Jya wigana Yesu, wigishe ushize amanga
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2009
  • Jya ‘uvuga Ijambo ry’Imana ushize amanga’
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2010
  • Mbese, ubwiriza ushize amanga?
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2000
  • Komeza kuvuga ijambo ry’Imana ushize amanga
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2005
Reba ibindi
Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—1999
w99 15/12 p. 25

Bagaragaje ubushizi bw’amanga

KUGARAGAZA ubushizi bw’amanga kugira ngo tubwirize si ko buri gihe byoroha. Mu by’ukuri, intumwa Pawulo yavuze ko igihe kimwe, yabikoze ‘iri mu ntambara nyinshi’ (1 Abatesalonike 2:2). Mbese, ‘intambara’ turwana kugira ngo tubwirize yaba ari imfabusa? Nta cyemezo dufite cy’uko ubwoko bw’Imana buzabona ibintu bihambaye, ariko kandi, akenshi usanga bwishimira kuba bwaragaragaje ubushizi bw’amanga. Reka turebe ingero zimwe na zimwe.

Umukobwa witwa Tara ufite imyaka umunani yateze amatwi abigiranye ubwitonzi mu gihe umwarimu we yari arimo abwira abanyeshuri ko mu gihe cy’Intambara ya Kabiri y’Isi Yose, abantu bari bafungiwe mu bigo byakoranyirizwagamo imfungwa z’Abayahudi bagombaga kwambara ikimenyetso cy’umuhondo cyabarangaga cyari kigizwe na mpandeshatu ebyiri zinyuranamo, kikaba cyari ikimenyetso kiranga idini rya Kiyahudi. Tara yatangiye kwibaza niba yaragombaga kugira icyo avuga. Yagize ati “icyo gihe nasenze ntahumirije.” Hanyuma yaje gushyira ukuboko hejuru maze avuga ko Abahamya ba Yehova na bo bari bari muri ibyo bigo, kandi ko bagombaga kwambara ikimenyetso cya mpandeshatu cy’isine. Umwarimu byaramushishikaje cyane kandi yaramushimiye. Amagambo yavuzwe na Tara yuguruye inzira yatumye agirana ibindi biganiro n’umwarimu, nyuma y’aho akaba yaraje kwereka abanyeshuri be bose kasete ya videwo yitwa La fermeté des Témoins de Jéhovah face à la persécution nazie.

Muri Guinée, ho muri Afurika y’i Burengerazuba, hari umubwiriza utarabatizwa ukiri muto witwa Irène, akaba yarifuzaga kugira amajyambere mu murimo we. Umumisiyonari wamuyoboreraga icyigisho cya Bibiliya yamuteye inkunga yo kugerageza guha bagenzi be bigana ku ishuri amagazeti y’Umunara w’Umurinzi na Réveillez-vous! Irène yumvaga ajijinganya bitewe n’uko bagenzi be biganaga bari basanzwe batitabira ibyo yababwiraga. Ariko kandi, Irène asunitswe n’inkunga yatewe n’uwo mumisiyonari, yiyemeje kuyaha mbere na mbere umunyeshuri wasaga n’aho ari we wamurwanyaga cyane kurusha abandi. Icyatangaje Irène, ni uko uwo mukobwa yayahaye yabyitabiriye neza kandi akakira ayo magazeti abishishikariye. Abandi banyeshuri na bo barayakiriye. Muri uko kwezi Irène yatanze amagazeti menshi kurusha ayo yari yaratanze mu mezi atanu uyakomatanyirije hamwe.

Muri Trinidad, umusaza yumvaga asa n’ujijinganya kwegera umuyobozi w’ishuri kugira ngo amwereke akamaro k’inyigisho zitangwa mu igazeti ya Réveillez-vous! Ariko kandi, yagaragaje ubushizi bw’amanga. Yagize ati “mu gihe nari ndimo ninjira mu kigo, narasenze. Ubwo uwo muyobozi yabyakiranye ubwuzu mu buryo budasanzwe, sinashoboraga kubyiyumvisha.” Yakiriye igazeti ya Réveillez-vous! yari ifite ingingo ivuga ngo “Urubyiruko rwo Muri Iki Gihe Rufite Byiringiro Ki?” kandi yanemeye kuzayikoresha mu kwigisha abanyeshuri. Kuva icyo gihe, ubu amaze kwakira amagazeti 40 akubiyemo ingingo zinyuranye.

Mu gihe uwitwa Vaughn yari akiri muto, buri gihe kubwiriza byajyaga bimugora. “Najyaga ngira umutima uhagaze, ibiganza byanjye bigatutubikana, kandi nkavuga nk’imashini​—sinashoboraga gutuza.” N’ubwo byari bimeze bityo, yaje kuba umukozi w’igihe cyose. Icyakora, si ko buri gihe byamworoheraga kugira ubutwari bwo kuvuga. Igihe kimwe ubwo yari yirije umunsi wose ashakisha akazi ariko bikaba iby’ubusa, yifuzaga kubwiriza umuntu wari muri gari ya moshi zica munsi y’ubutaka, “kugira ngo nibura hagire icyiza cyakorwa kuri uwo munsi wari wabaye mubi.” Ariko kandi, yatewe ubwoba n’abacuruzi bari muri gari ya moshi basaga n’aho bakomeye. Yageze aho agaragaza ubushizi bw’amanga kugira ngo avugishe umusaza bari bicaranye. Baje kugirana ikiganiro kirekire. Hari umucuruzi wagize ati “ufite ibibazo byiza kandi ukiri muto.” Maze aramubaza ati “mbese, uri umunyatewolojiya?” Vaughn yaramushubije ati “oya, ndi umwe mu Bahamya ba Yehova.” Uwo mugabo yaramwenyuye aravuga ati “ah, ubu noneho ndabimenye.”

Abo Bahamya bose​—ndetse n’abandi batabarika​—bashimishwa no kuba baragaragaje ubushizi bw’amanga bakabwiriza. Mbese nawe, uzabikora?

[Ifoto yo ku ipaji ya 25]

Tara

[Ifoto yo ku ipaji ya 25]

Vaughn

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze