ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • w04 15/3 p. 3
  • Umuhango ukureba nawe

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Umuhango ukureba nawe
  • Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2004
  • Ibisa na byo
  • Kwizihiza Ifunguro ry’Umwami rya Nimugoroba ni umuhango wubahisha Imana
    Ni iki mu by’ukuri Bibiliya yigisha?
  • ‘Mujye mukora mutya munyibuka’
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2013
  • Kuki tugomba kwizihiza Ifunguro ry’Umwami rya Nimugoroba?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2003
  • Umunsi w’Ifunguro ry’Umwami rya Nimugoroba ugomba kwizihizwa ute?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2004
Reba ibindi
Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2004
w04 15/3 p. 3

Umuhango ukureba nawe

IGIHE Yesu Kristo yari ku isi, yatangije umuhango uhesha Imana icyubahiro. Ni wo muhango wonyine wo mu rwego rw’idini yategetse abigishwa be kujya bizihiza. Uwo muhango wari Ifunguro ry’Umwami rya Nimugoroba bamwe bakunze kwita Ifunguro Ryera.

Tekereza noneho urimo ureba imyiteguro y’uwo muhango. Yesu n’intumwa ze bateraniye mu cyumba cyo hejuru i Yerusalemu kugira ngo bizihize umunsi mukuru wa Pasika wizihizwaga n’Abayahudi. Barangije kurya ifunguro risanzwe rya Pasika ryategurwagamo umwana w’intama wokeje, imboga zisharira, umugati udasembuwe na divayi itukura. Yuda Isikaryota ya ntumwa y’umuhemu yari amaze kugenda kandi yari agiye kugambanira Shebuja (Matayo 26:17-25; Yohana 13:21, 26-30). Yesu yari kumwe n’intumwa ze 11 zizerwa. Matayo na we yari umwe muri izo ntumwa.

Dore uko Yesu yatangije umunsi mukuru w’Ifunguro ry’Umwami rya Nimugoroba, nk’uko byavuzwe na Matayo wari uhibereye: ‘Yesu yenze umutsima [umugati udasembuwe] arawushimira, arawumanyagura, awuha abigishwa be arababwira ati ‘nimwende murye, uyu ni umubiri wanjye.’ Yenda igikombe aragishimira, arakibaha, arababwira ati ‘munywere kuri iki mwese, kuko aya ari amaraso yanjye y’isezerano rishya, ava ku bwa benshi ngo bababarirwe ibyaha.’”—Matayo 26:26-28.

Kuki Yesu yatangije umunsi mukuru w’Ifunguro ry’Umwami rya Nimugoroba? Kuki yakoresheje umugati udasembuwe na divayi itukura muri uwo muhango? Ese abigishwa ba Kristo bose bagombaga kurya kuri ibyo bigereranyo? Bari kuzajya bawizihiza kangahe? Ese koko uwo munsi ufite icyo usobanura kuri wowe?

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze