ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • w20 Kamena p. 17
  • Ibibazo by’abasomyi

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Ibibazo by’abasomyi
  • Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti yo kwigwa)—2020
  • Ibisa na byo
  • Ese uzakomeza kugenda ‘uyobowe n’umwuka’?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2007
  • Ese wemera kuyoborwa n’umwuka w’Imana?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2011
  • Jya ukomeza ‘kwera imbuto nyinshi’
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2007
  • Komeza kwambara “kamere nshya” na nyuma yo kubatizwa
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti yo kwigwa)—2022
Reba ibindi
Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti yo kwigwa)—2020
w20 Kamena p. 17

Ibibazo by’abasomyi

Ese imico ivugwa mu Bagalatiya 5:22, 23 ni yo yonyine igize “imbuto z’umwuka”?

  • URUKUNDO

  • IBYISHIMO

  • AMAHORO

  • KWIHANGANA

  • KUGWA NEZA

  • KUGIRA NEZA

  • KWIZERA

  • KWITONDA

  • KUMENYA KWIFATA

Iyo mirongo igaragaza imico ikenda ya gikristo. Igira iti: “Imbuto z’umwuka ni urukundo, ibyishimo, amahoro, kwihangana, kugwa neza, kugira neza, kwizera, kwitonda no kumenya kwifata.” Icyakora, iyo si yo mico yonyine umwuka wera ushobora kudufasha kwitoza.

Zirikana ibyo intumwa Pawulo yanditse mu mirongo ibanziriza iyo. Yaravuze ati: ‘Imirimo ya kamere ni iyi: gusambana, ibikorwa by’umwanda, kwiyandarika, gusenga ibigirwamana, ubupfumu, inzangano, gushyamirana, ishyari, kuzabiranywa n’uburakari, amakimbirane, amacakubiri, kwiremamo udutsiko tw’amadini, kwifuza, kunywera gusinda, kurara inkera n’ibindi nk’ibyo’ (Gal 5:19-21). Kuba Pawulo yarashoje agira ati: “N’ibindi nk’ibyo,” bigaragaza ko atavuze imirimo ya kamere yose. Urugero, hari nk’ivugwa mu Bakolosayi 3:5. Uko ni na ko yabigenje igihe yavugaga imico ikenda igize imbuto z’umwuka. Ku murongo wa 23 yaravuze ati: “Ibintu nk’ibyo nta mategeko abihanira.” Bityo rero, Pawulo ntiyavuze imico yose dushobora kwitoza tubifashijwemo n’umwuka wera.

Ibyo nanone tubisobanukirwa iyo tugereranyije imico igize imbuto z’umwuka n’imico igize imbuto z’umucyo, iri mu rwandiko Pawulo yandikiye itorero ryo muri Efeso. Yaranditse ati: “Imbuto z’umucyo zikubiyemo uburyo bwose bwo kugira neza no gukiranuka no kugendera mu kuri” (Efe 5:8, 9). Uko bigaragara, ‘kugira neza, gukiranuka no kugendera mu kuri,’ biri mu ‘mbuto z’umucyo.’ Icyakora umuco wo kugira neza wo, unaboneka mu ‘mbuto z’umwuka.’

Nanone Pawulo yateye Timoteyo inkunga yo kwitoza imico itandatu. Yaramubwiye ati: “Ukurikire gukiranuka, kwiyegurira Imana, kwizera, urukundo, kwihangana no kwitonda” (1 Tim 6:11). Imwe muri iyo mico, ni ukuvuga kwizera, urukundo, kwitonda no kwihangana, iri mu mbuto z’umwuka. Icyakora nanone Timoteyo yari akeneye ko umwuka wera umufasha kwitoza indi mico yavuzwe muri uwo murongo, ari yo gukiranuka no kwiyegurira Imana.—Gereranya n’Abakolosayi 3:12 na 2 Petero 1:5-7.

Ubwo rero, mu Bagalatiya 5:22, 23 ntihavugwamo imico yose ya gikristo. Umwuka wera ushobora kudufasha kwitoza imico ikenda igize “imbuto z’umwuka.” Icyakora kugira ngo dukure mu buryo bw’umwuka, hari indi mico tuba tugomba kwitoza. Nanone tugomba ‘kwambara kamere nshya yaremwe mu buryo buhuje n’uko Imana ishaka kandi ikaba ihuje no gukiranuka n’ubudahemuka nyakuri.’—Efe 4:24.

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze