Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
c Abahanga mu gusesengura ibintu bavuga ko mu by’ukuri gukunda igihugu by’agakabyo ari idini. Ubwo rero, abakunda igihugu by’agakabyo baba basenga igice cya ya nyamaswa iba ihagarariwe n’igihugu babamo. Dore ndetse ibyo dusoma ku birebana no gukunda igihugu by’agakabyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika: “gukunda igihugu by’agakabyo bishobora kugereranywa n’idini, bifite byinshi bihuriyeho n’izindi gahunda za kidini zikomeye zo mu gihe cyashize . . . Muri iki gihe, umuntu ukunda igihugu by’agakabyo kugeza ubwo bimubera idini, yumva ko imibereho ye igengwa n’imana ye ari yo gihugu cye. Yumva agikeneyeho ubufasha bukomeye. Yemera ko ari cyo soko yo gutungana kwe no kugira umunezero. Ni cyo agandukira kandi ibyo akabigira mu buryo bwa kidini neza neza. . . . Abona ko igihugu cye ari ikintu gihoraho, kandi kuri we, urupfu rw’abana bacyo b’indahemuka rutuma kirushaho kwamamara no kugira ikuzo ridashira.”—Carlton J. F. Hayes, mu gitabo What Americans Believe and How They Worship, ku ipaji ya 359, cyanditswe na J. Paul Williams.