Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
d Ibyo bishobora kugereranywa n’ibivugwa ku mugaragu ukiranuka w’ubwenge uha abo mu rugo ibyokurya mu gihe cyabyo (Matayo 24:45). Umugaragu mu buryo bw’inteko ni we ufite inshingano yo gutanga ibyokurya, ariko abo mu rugo, ni ukuvuga abagize iyo nteko umwe umwe, bakomezwa no kurya kuri ibyo byokurya by’umwuka. Ni itsinda rimwe ariko ryavuzwe mu buryo bunyuranye, ni ukuvuga mu buryo bwa rusange no mu buryo bw’umuntu ku giti cye.