Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
b Na n’ubu Yesu aracyakomeza kuyobora umurimo wo guhindura abantu abigishwa (Ibyahishuwe 14:14-16). Muri iki gihe, abagabo n’abagore b’Abakristo babona ko Yesu ari we Mutware w’itorero (1 Abakorinto 11:3). Kandi mu gihe cyagenwe n’Imana Yesu azaba ‘umwami n’umugaba’ mu bundi buryo, igihe azayobora igitero cya nyuma kizagabwa ku banzi b’Imana kuri Harimagedoni.—Ibyahishuwe 19:19-21.