Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
b Muri Luka 23:34, amagambo abanza kuri uwo murongo ntaboneka mu nyandiko zimwe na zimwe za kera zandikishijwe intoki. Ariko kubera ko ayo magambo tuyasanga mu zindi nyandiko zemewe zandikishijwe intoki, yashyizwe no muri Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’isi nshya no mu bundi buhinduzi bwinshi. Uko bigaragara, abo Yesu yasabiraga ni abasirikare b’Abaroma bamumanitse ku giti. Ntibari bazi ibyo bakoraga kuko batari bazi uwo Yesu yari we. Nanone ashobora kuba yaratekerezaga ku Bayahudi bagize uruhare mu kumwica, kuko wenda bashoboraga kuzamwizera nyuma yaho (Ibyakozwe 2:36-38). Birumvikana ko abayobozi b’amadini bari kuzacirwa urubanza rukomeye cyane kuko ari bo mbere na mbere batumye yicwa, bitewe n’uko babikoze ku bushake kandi bakabikorana ubugome. Abenshi muri bo ntibashoboraga kubabarirwa.—Yohana 11:45-53.