Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
b Bibiliya igaragaza ko kugira umutimanama utagucira urubanza atari ko buri gihe biba bihagije. Urugero, Pawulo yaravuze ati “nta cyo umutimanama wanjye undega. Ariko ibyo si byo bigaragaza ko ndi umukiranutsi, ahubwo ungenzura ni Yehova” (1 Abakorinto 4:4). Ndetse n’abatoteza Abakristo, nk’uko Pawulo yigeze kubikora, bashobora kubikorana umutimanama utabacira urubanza kubera ko batekereza ko Imana yemera ibyo bakora. Ni iby’ingenzi rero ko tugira umutimanama utaducira urubanza ariko ukeye imbere y’Imana.—Ibyakozwe 23:1; 2 Timoteyo 1:3.