Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
a Igitabo Les Témoins de Jéhovah: Prédicateurs du Royaume de Dieu kigira kiti “nta bwo za kasete videwo zisimbura mu buryo budasubirwaho inyandiko zicapwe cyangwa ubuhamya butangwa n’umuntu ku giti cye. Ibitabo bya Sosayiti biracyakomeza kugira uruhare rw’ingenzi mu gukwirakwiza ubutumwa bwiza. Umurimo wo kubwiriza ku nzu n’inzu ukorwa n’Abahamya ba Yehova, uracyakomeza kuba ikimenyetso gikomeye gishingiye ku Byanditswe, kiranga umurimo wabo. Icyakora, ubu za kasete videwo ni ibikoresho by’agaciro kenshi byunganira ibyo, mu gutuma abantu bizera amasezerano ya Yehova y’agaciro kenshi, no kubashishikariza gushimira ku bw’ibyo yagiye akora ku isi muri iki gihe.”