Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
b Aho imigenzo y’ihamba ishobora gukururira Umukristo ibigeragezo bikomeye, abasaza bashobora gutegura abashaka kubatizwa, bakabategura ku bw’ibishobora kuzabageraho. Mu gihe cyo kubonana n’abo bantu bashya kugira ngo baganire ku bibazo byo mu gitabo Twagizwe Umuteguro ngo Dusohoze Neza Umurimo Wacu, ingingo zivuga ngo “Ubugingo, Icyaha n’Urupfu,” na “Ihuriro ry’Amadini y’Ikinyoma” zagombye kwitabwaho cyane. Izo ngingo zombi zirimo ibibazo birebana n’amahitamo y’umuntu ku giti cye, bishobora kuganirwaho. Aho ni ho abasaza bashobora gutanga ibisobanuro ku bihereranye n’imigenzo y’ihamba idahuje n’Ibyanditswe, kugira ngo umuntu ushaka kubatizwa amenye icyo Ijambo ry’Imana rimusaba gukora mu gihe yaba agezweho n’iyo mimerere.