Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
a N’ubwo Pawulo ‘yategekaga,’ ibyo ntibishaka kuvuga ko yashyiragaho amategeko uko yishakiye cyangwa agahato. Ahubwo, yari ahagarariye gusa iyo gahunda yo gukorakoranya imfashanyo, yarebaga amatorero menshi. Byongeye kandi, Pawulo yavuze ko buri muntu wese “iwe,” yagombaga gutanga “ibimushobokera nk’uko atunze.” Mu yandi magambo, buri mfashanyo yagombaga gutangwa n’umuntu yiherereye ku giti cye, kandi abyishakiye. Nta washyirwagaho agahato.