Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
a Zirikana itandukaniro riri hagati y’iyi nkuru n’indi ivuga iby’urugendo Mariya yakoze mbere yaho. Inkuru ivuga iby’urwo rugendo igira iti ‘Mariya arahaguruka ajya’ gusura Elizabeti (Luka 1:39). Kubera ko icyo gihe Mariya na Yozefu bari baremeranyijwe kubana ariko batarashyingiranwa, birashoboka ko Mariya yakoze urwo rugendo atabanje kugisha Yozefu inama. Nyuma y’aho bashyingiraniwe, urugendo bombi bakoze rwitiriwe Yozefu, ntirwitiriwe Mariya.