Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
b Nubwo ibyo bihugu byombi bigize ubwo butegetsi bw’isi yose byariho kuva mu kinyejana cya 18, Yohana yavuze ko bwari kugaragara mu ntangiriro z’umunsi w’Umwami. Mu by’ukuri, ibivugwa mu iyerekwa riri mu Byahishuwe bisohora ku “munsi w’Umwami” (Ibyah 1:10). Mu Ntambara ya Mbere y’Isi Yose ni bwo Abongereza n’Abanyamerika batangiye gukorera hamwe, baba ubutegetsi bw’isi yose.