ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Iringire ko Yehova Azasohoza Imigambi Ye
    Umunara w’Umurinzi—1994 | 1 Ugushyingo
    • 15. Ni gute Dawidi yerekanye ko yiringiraga umugambi wa Yehova?

      15 Imyaka igera ku binyejana bitandatu nyuma ya Yobu, na nyuma y’imyaka hafi igihumbi mbere y’uko Yesu aza ku isi, Dawidi yavuze ibyiringiro yari afite bihereranye n’isi nshya. Yanditse muri Zaburi agira ati “abategereza Uwiteka ni bo bazaragwa igihugu. Kuko hazabaho igihe gito, umunyabyaha ntabeho; . . . Ariko, abagwaneza bazaragwa igihugu, bazishimira amahoro menshi. Abakiranutsi bazaragwa igihugu, bakibemo iteka.” Kubera ko Dawidi yari afite ibyiringiro bitajegajega, yateye [abantu] inkunga agira ati “wiringire Uwiteka. . . . Kandi wishimire Uwiteka, na we azaguha ibyo umutima wawe usaba.”​—⁠Zaburi 37:3, 4, 9-11, 29.

  • Iringire ko Yehova Azasohoza Imigambi Ye
    Umunara w’Umurinzi—1994 | 1 Ugushyingo
    • 22. Kuki twakwiringira Yehova?

      22 Mu isi nshya, abantu b’indahemuka bazabona isohozwa ry’ibivugwa mu Baroma 8:21 hagira hati ‘ibyaremwe bizabaturwa ku bubata bwo kubora, byinjire mu mudendezo w’ubwiza bw’abana b’Imana.’ Bazabona isohozwa ry’isengesho Yesu yigishije abagishwa be rigira riti “ubwami bwawe buze, ibyo ushaka bibeho mu isi, nk’uko biba mu ijuru” (Matayo 6:10). Ku bw’ibyo rero, iringire Yehova mu buryo bwuzuye, kubera ko isezerano rye ridahinyuka rigira riti “abakiranutsi bazaragwa igihugu [“isi,” MN ] bakibemo iteka.”​—Zaburi 37:29.

Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
Sohoka
Injira
  • Ikinyarwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze