-
Iringire YehovaUmunara w’Umurinzi—2003 | 1 Nzeri
-
-
18, 19. Ni ayahe magambo yo muri Bibiliya adutera inkunga yo kwiringira Yehova, ariko se, ni ibihe bitekerezo bikocamye bamwe bagira kuri iyo ngingo?
18 Ijambo ry’Imana ridutera inkunga rigira riti “wiringire Uwiteka n’umutima wawe wose, we kwishingikiriza ku buhanga bwawe. Uhore umwemera mu migendere yawe yose, na we azajya akuyobora inzira unyuramo” (Imigani 3:5, 6). Mbega amagambo meza adutera inkunga! Ni koko, ku isi hose nta muntu wakwiringirwa kuruta Data wo mu ijuru wuje urukundo. Nyamara kandi, gusoma ayo magambo yo mu Migani biroroshye, ariko kuyashyira mu bikorwa bishobora kugorana.
-
-
Iringire YehovaUmunara w’Umurinzi—2003 | 1 Nzeri
-
-
22, 23. (a) Kuki tugomba kwiringira Yehova mu gihe duhanganye n’ibibazo, kandi se, ni gute twabigaragaza? (b) Ni iki tuzasuzuma mu gice gikurikira?
22 Ariko kandi, mu Migani 3:6 hatubwira ko tugomba ‘guhora twemera [Yehova] mu migendere yacu yose,’ atari gusa mu gihe duhanganye n’imimerere igoranye. Ku bw’ibyo, imyanzuro dufata mu mibereho yacu ya buri munsi yagombye kugaragaza ko twiringira Yehova. Mu gihe havutse ibibazo, ntitugomba kwiheba cyangwa gushya ubwoba cyangwa se ngo twange gukurikiza ubuyobozi bwa Yehova butwereka uburyo bwiza bwo gukemura ibyo bibazo. Tugomba kubona ko ibigeragezo biduha uburyo bwo kugaragaza ko dushyigikiye ubutegetsi bw’ikirenga bwa Yehova no kugaragaza ko Satani ari umubeshyi, kandi ko bituma twihingamo umuco wo kumvira n’indi mico ishimisha Yehova.—Abaheburayo 5:7, 8.
-