-
“Nimuhumurize abantu banjye”Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
17, 18. (a) Kuki Abayahudi bari mu bunyage bari bafite impamvu yo kwiringira ko bari kuzasubira mu gihugu cyabo? (b) Ni ibihe bibazo byihagazeho Yesaya yabajije?
17 Abayahudi bari mu bunyage bashoboraga rwose kwiringira isezerano ry’uko bari kuzasubira mu gihugu cyabo kuko Imana ishobora byose, kandi izi byose. Yesaya yaravuze ati “ni nde wigeze kugera amazi y’inyanja ku rushyi, akageresha ijuru intambwe z’intoki, akabona indengo yajyamo umukungugu wo ku isi, agashyira imisozi mu gipimo, n’udusozi akatugera mu minzani? Ni nde wigeze kugenzura [u]mwuka w’Uwiteka, akamuhugura nk’umugira inama? Ni nde wigeze kumwigisha, akamwereka uburyo bwo guca imanza zitabera, akamwigisha ubwenge, akamuha uburyo bwo kwitegereza?”—Yesaya 40:12-14.
18 Ibyo byari ibibazo byihagazeho Abayahudi bari mu bunyage bagombaga gutekerezaho. Hari umuntu buntu ushobora gucubya imiraba yo mu nyanja se? Birumvikana ko ari nta we! Nyamara, Yehova we abona inyanja zose ziri ku isi ari nk’igitonyanga kiri mu kiganza cye.b Mbese umuntu udafite icyo avuze na mba ashobora gupima ubunini bw’ijuru rinini cyane rihunze inyenyeri cyangwa agapima uburemere bw’imisozi n’udusozi byo ku isi? Reka da! Ariko Yehova we apima ikirere nk’uko umuntu ashobora gupimisha ikintu intambwe z’intoki ze. Imana ishobora rwose gupima imisozi n’udusozi ku munzani. Hanyuma se, hari abantu b’abanyabwenge cyane hano ku isi bashobora kugira Imana inama y’icyo yakora muri iki gihe cyangwa se no mu gihe kizaza? Nta bo rwose!
-
-
“Nimuhumurize abantu banjye”Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
b Bivugwa ko ‘amazi yose y’inyanja ziri ku isi ashobora gupima ugereranyije amatoni abarirwa muri za miriyari na miriyari (toni miriyari 1,35 ukubye incuro miriyari), ubwo buremere bwayo bukaba ari 1/4.400 cy’uburemere bwose bw’isi.’—Encarta 97 Encyclopedia.
-