ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Yehova yihesha izina ry’icyubahiro
    Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
    • 14. Ni ibihe bintu Abayahudi bari bakwiriye kwibutswa Yesaya yababwiye?

      14 Mu gihe cya kera, Abayahudi bahise bibagirwa ibyo Yehova yari yarabakoreye. Nk’uko byari bikwiriye rero, Yesaya yabibukije impamvu Yehova yari yarabakoreye ibyo bintu byose. Yesaya yaravuze ati “nzajya nogeza ibyo Uwiteka yangiriye neza n’ishimwe rye, ibyo yaduhaye byose nzajya mbivuga uko bingana, muvuge n’ibyiza byinshi yagiriye inzu ya Isirayeli, ibyo yabahereye ubuntu, nk’uko imbabazi ze nyinshi zingana. Kuko yavuze ati ‘ni ukuri aba ni abantu banjye, abana batariganya.’ Nuko ababere Umukiza. Yababaranye na bo mu mibabaro yabo yose, na marayika uhora imbere ye yajyaga abakiza. Urukundo rwe n’imbabazi ze ni byo byamuteye kubacungura, yarabateruraga akabaheka iminsi yose ya kera.”—Yesaya 63:7-9.

  • Yehova yihesha izina ry’icyubahiro
    Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
    • 17. (a) Ni iki Yehova yakoze kigaragaza urukundo yakundaga Abisirayeli? (b) Ni iki dushobora kwiringira muri iki gihe?

      17 Ariko rero, umwanditsi wa zaburi yavuze ku Bisirayeli agira ati “bibagirwa Imana umukiza wabo, yakoreye ibikomeye muri Egiputa” (Zaburi 106:21). Kutumvira kwabo no kutagonda ijosi incuro nyinshi byagiye bituma bahura n’akaga (Gutegeka 9:6). Ese Yehova yaba yararetse kubagaragariza ineza? Ashwi da! Yesaya yavuze ko “yababaranye na bo mu mibabaro yabo yose.” Mbega ukuntu Yehova agira impuhwe! Kimwe n’undi mubyeyi ukunda abana be wese, Imana yababazwaga no kubona abana bayo bababara, ndetse n’iyo babaga bazira ubupfapfa bwabo. Yohereje “marayika umuhora iruhande” ushobora kuba ari Yesu mbere y’uko aza hano ku isi, kugira ngo abajyane mu Gihugu cy’Isezerano nk’uko byari byarahanuwe, bikaba byari n’ikimenyetso kibagaragariza urukundo yabakundaga (Kuva 23:20). Bityo Yehova yateruye iryo shyanga, arariheka “nk’uko umugabo aheka umuhungu we” (Gutegeka 1:31; Zaburi 106:10). Muri iki gihe na bwo dushobora kwiringira rwose ko Yehova azi imibabaro yacu kandi ko atugirira impuhwe mu gihe duhanganye n’ibibazo bitoroshye. Dushobora rwose ‘kumwikoreza amaganya yacu yose kuko yita kuri twe.’—1 Petero 5:7.

Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
Sohoka
Injira
  • Ikinyarwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze