-
Yarokowe Akanwa k’Intare!Itondere Ubuhanuzi bwa Daniyeli!
-
-
12. (a) Ni iki Daniyeli yakoze akimara kumenya iby’iryo tegeko rishya? (b) Ni bande barebaga Daniyeli, kandi kuki?
12 Bidatinze, Daniyeli yaje kumenya ko hashyizweho itegeko ribuzanya gusenga. Yahise yinjira mu nzu ye maze ajya mu cyumba cye cyo hejuru, aho amadirishya yari akinguye yerekeye i Yerusalemu.b Aho ngaho, Daniyeli yaratangiye asenga Imana “nk’uko yari asanzwe agenza.” Daniyeli ashobora kuba yaratekerezaga ko yari ari wenyine, ariko kandi abagambanyi be baramurebaga. Ako kanya ‘barateranye,’ nta gushidikanya bakaba bari bafite urusaku rwinshi nk’urwo bari bafite igihe bajyaga kureba Dariyo. Noneho barabyiboneraga n’amaso yabo—Daniyeli yari arimo “asenga Imana ye, ayinginga.” (Daniyeli 6:11, 12, umurongo wa 10 n’uwa 11 muri Biblia Yera.) Abo bategetsi bakuru n’abatware bari babonye ibihamya byose bari bakeneye kugira ngo barege Daniyeli ku mwami.
-
-
Yarokowe Akanwa k’Intare!Itondere Ubuhanuzi bwa Daniyeli!
-
-
b Icyumba cyo hejuru cyari icyumba cy’urwiherero, aho umuntu yashoboraga kuruhukira mu gihe yabaga adashaka ko hagira umubangamira.
-