-
Yarokowe Akanwa k’Intare!Itondere Ubuhanuzi bwa Daniyeli!
-
-
20. Ni gute byagendekeye abanzi ba Daniyeli b’abagome?
20 Ubwo Daniyeli yari ari amahoro, noneho Dariyo yari agiye kwita ku bindi bintu. “Umwami ategeka ko bamuzanira ba bagabo bareze Daniyeli; babazanana n’abagore babo n’abana babo, babajugunya muri urwo rwobo rw’intare; zibasamira mu kirere, zibamenagurana n’amagufwa yabo, batararushya bagera mu rwobo hasi.”d—Daniyeli 6:25, umurongo wa 24 muri Biblia Yera.
21. Ni irihe tandukaniro ryari hagati y’Amategeko ya Mose n’amategeko yakurikizwaga mu mico y’uturere imwe n’imwe ya kera mu birebana n’ukuntu bafataga abo mu muryango w’abagizi ba nabi?
21 Kuba abo bagambanyi atari bo bishwe gusa ahubwo bakicanwa n’abagore babo n’abana babo, bishobora gusa n’aho ari ukudashyira mu gaciro. Mu buryo bunyuranye n’ubwo, Amategeko Imana yatanze binyuriye ku muhanuzi Mose yagiraga ati “ba se b’abana ntibakicwe, babahōra abana babo, kandi abana ntibakicwe babahōra ba se: umuntu wese yicishwe n’icye cyaha” (Gutegeka 24:16). Ariko kandi, mu mico y’uturere imwe n’imwe ya kera, byari bisanzwe ko abagize umuryango bicanwa n’umugizi wa nabi, iyo habaga hakozwe icyaha gikomeye. Wenda ibyo byakorwaga kugira ngo abagize umuryango batazashaka kwihorera nyuma y’aho. Icyakora, ibyo byakorewe imiryango y’abo bategetsi bakuru n’abatware mu by’ukuri ntibyari bitewe na Daniyeli. Birashoboka ko na we ubwe yababajwe n’akaga abo bagome bakururiye imiryango yabo.
-
-
Yarokowe Akanwa k’Intare!Itondere Ubuhanuzi bwa Daniyeli!
-
-
d Ijambo “bareze” ryahinduwe rivanywe mu magambo y’Icyarameyi ashobora nanone guhindurwa ngo “basebeje.” Ibyo bitsindagiriza umugambi wuzuye ubugome abanzi ba Daniyeli bari bafite.
-