-
Jya wumvira ijwi rya YehovaUmunara w’Umurinzi (Igazeti yo kwigwa)—2019 | Werurwe
-
-
“MUMWUMVIRE”
7. Dukurikije ibivugwa muri Matayo 17:1-5, ni ryari ijwi rya Yehova ryumvikanye ku nshuro ya kabiri, kandi se yavuze iki?
7 Soma muri Matayo 17:1-5. Ijwi rya Yehova ryumvikanye ku nshuro ya kabiri, igihe Yesu ‘yahinduraga isura.’ Yesu yari yasabye Petero, Yakobo na Yohana ngo bajyane ku musozi muremure. Bariyo, beretswe ibintu bidasanzwe. Mu maso ha Yesu hatse nk’izuba, n’imyenda ye irarabagirana. Abantu babiri bagereranya Mose na Eliya batangiye kuvugana na Yesu, bamubwira ibyerekeye urupfu rwe n’umuzuko we. Nubwo izo ntumwa uko ari eshatu zari ‘zifite ibitotsi byinshi,’ zahise zikanguka, zibona iryo yerekwa (Luka 9:29-32). Nyuma yaho, igicu cyatangiye kubakingiriza maze muri icyo gicu humvikanamo ijwi ry’Imana. Kimwe n’uko byagenze igihe Yesu yabatizwaga, Yehova yongeye kuvuga ko yemera Umwana we kandi ko amukunda, agira ati: “Uyu ni Umwana wanjye nkunda nkamwemera.” Icyakora icyo gihe bwo, Yehova yongeyeho ati: “Mumwumvire.”
-
-
Jya wumvira ijwi rya YehovaUmunara w’Umurinzi (Igazeti yo kwigwa)—2019 | Werurwe
-
-
9. Ni izihe nama Yesu yagiriye abigishwa be?
9 “Mumwumvire.” Yehova yadusabye gutega amatwi ibyo Umwana we atubwira no kumwumvira. None se ni iki Yesu yavuze igihe yari ku isi? Yavuze ibintu byinshi, kandi ni ngombwa ko tumwumvira. Urugero, yigishije abigishwa be uko babwiriza ubutumwa bwiza kandi yabateye inkunga yo gukomeza kuba maso (Mat 24:42; 28:19, 20). Nanone yabagiriye inama yo gukomeza guhatana no kudacogora (Luka 13:24). Yesu yigishije abigishwa be gukundana, bagakomeza kunga ubumwe kandi bagakurikiza amategeko ye (Yoh 15:10, 12, 13). Izo nama Yesu yabagiriye ni ingirakamaro kandi ziracyafite agaciro muri iki gihe.
-