-
“Nta wundi muntu twabonye wigisha neza nka we”‘Nkurikira Ube Umwigishwa Wanjye’
-
-
9 Igihe kimwe, abasoresha babajije Petero niba Yesu yaratangaga umusoro w’urusengero.c Petero yahise asubiza ati: “Arawutanga.” Nyuma yaho Yesu yamufashije gutekereza, aramubwira ati: “Simo, ubitekerezaho iki? Ni ba nde abami b’isi baka imisoro? Ni abana babo cyangwa ni abaturage?” Petero yarashubije ati: “Ni abaturage.” Yesu yaramubwiye ati: “Mu by’ukuri, abana babo ntibaba basabwa gutanga umusoro” (Matayo 17:24-27). Nta gushidikanya ko Petero yahise asobanukirwa icyo Yesu yashakaga kugeraho igihe yamubazaga ibyo bibazo, kuko abo mu muryango w’abami batasabwaga gutanga umusoro. Ni yo mpamvu Yesu na we atasabwaga gutanga umusoro kubera ko ari Umwana wa Yehova, we Mwami wasengerwaga muri urwo rusengero. Ibuka ko Yesu atahise abwira Petero igisubizo nyacyo. Ahubwo yakoresheje ibibazo abyitondeye. Yashakaga kumufasha kugera ku mwanzuro mwiza kandi akumva ko ubutaha agomba kujya abanza gutekereza mbere yo gusubiza.
-
-
“Nta wundi muntu twabonye wigisha neza nka we”‘Nkurikira Ube Umwigishwa Wanjye’
-
-
c Buri mwaka Abayahudi basabwaga gutanga umusoro w’urusengero w’idarakama ebyiri, zikaba zaranganaga n’umushahara w’iminsi ibiri. Hari igitabo kivuga ko “uwo musoro wakoreshwaga mbere na mbere mu kwishyura ibyabaga byakoreshejwe mu gutamba ibitambo bitwikwa n’umuriro, hamwe n’ibindi bitambo muri rusange byatambirwaga abaturage.”
-