-
“Ikimenyetso cyo Kuza [“Kuhaba,” MN] Kwawe Ni Ikihe?”Umunara w’Umurinzi—1994 | 1 Ukwakira
-
-
13. Kuki Abakristo bashoboye kumvira umuburo wa Yesu wabasabaga guhunga?
13 Ariko se, niba Abaroma bari bamaze kwikubura bakava mu nkengero za Yerusalemu, kuki byari ngombwa ko abantu bahunga? Amagambo ya Yesu yagaragaje ko ibyari bisohoye byerekanaga “yuko kurimbuka kwaho kwenda gusohora” (Luka 21:20). Yee, kurimbuka nyine. Yahanuye ‘umubabaro mwinshi, utigeze kubaho uhereye ku kuremwa ku isi, kandi utari kuzongera kubaho.’ Koko rero, hafi imyaka itatu n’igice nyuma y’aho, mu wa 70 w’igihe cyacu, i Yerusalemu haje kugerwaho n’“umubabaro mwinshi” utewe n’ingabo z’Abaroma zari ziyobowe n’Umugaba wazo Titus (Matayo 24:21; Mariko 13:19). Ariko se, kuki Yesu yavuze ko uwo wari umubabaro ukomeye kurusha indi yose yabayeho mbere yawo cyangwa nyuma?
14. Kuki dushobora kuvuga ko ibyabaye kuri Yerusalemu mu wa 70 w’igihe cyacu, wari “umubabaro mwinshi” utarigeze kubaho mbere hose, kandi kuva icyo gihe ukaba utarongeye kubaho?
14 Yerusalemu yari yararimbuwe n’Abanyababuloni mu wa 607 mbere y’igihe cyacu, kandi uwo murwa wabereyemo imirwano iteye ubwoba muri iki kinyejana cyacu. Ariko kandi, ibyabaye mu wa 70 w’igihe cyacu byari umubabaro ukomeye utagira undi bihwanye. Mu mirwano yamaze hafi amezi atanu, ingabo za Titus zatsinze Abayahudi. Zabishemo abagera kuri 1.100.000 kandi abagera ku 100.000 zibajyanaho iminyago. Byongeye kandi, bashenye Yerusalemu. Ibyo byerekanye ko gahunda ya Kiyahudi yo gusenga kwemewe kwari gushingiye ku rusengero, yari irangiye burundu (Abaheburayo 1:2). Ni koko, ibyabaye mu wa 70 w’igihe cyacu byashoboraga mu buryo bukwiriye kuvugwaho kuba ‘umubabaro utari warigeze kubaho [muri uwo murwa, kuri iryo shyanga, no kuri gahunda y’ibintu y’icyo gihe] uhereye ku kuremwa ku isi ukageza icyo gihe, kandi ko utari kuzongera kubaho.’—Matayo 24:21.d
-
-
“Ikimenyetso cyo Kuza [“Kuhaba,” MN] Kwawe Ni Ikihe?”Umunara w’Umurinzi—1994 | 1 Ukwakira
-
-
d Umwanditsi w’Umwongereza witwa Matthew Henry yanditse agira ati “irimbuka rya Yerusalemu ryatewe n’Abakaludaya ryari rikaze cyane, ariko iryo ryo ryarushijeho. Ryari rigiye gutsemba burundu Abayahudi . . . bose.”
-