Mbese, usunikirwa kugira icyo ukora nk’uko byari bimeze kuri Yesu?
“Abona abantu benshi, bimutera impuhwe, kuko bari bameze nk’intama zitagira umwungeri: aherako a[ra]bigisha.”—MARIKO 6:34.
1. Kuki ari ibintu byumvikana ko abantu bagaragaza imico ishimishije?
MU GIHE cyose cy’amateka, hari abantu benshi bagiye bagaragaza imico ihebuje. Ushobora gusobanukirwa impamvu. Yehova Imana afite urukundo, ineza, ubuntu hamwe n’indi mico tubona ko ari iy’agaciro kandi arayigaragaza. Abantu baremwe mu ishusho y’Imana. Bityo, dushobora gusobanukirwa impamvu hari abantu benshi bagaragaza urukundo, ineza, impuhwe hamwe n’indi mico y’Imana mu rugero runaka, ndetse abandi benshi bakagaragaza ko bafite umutimanama (Itangiriro 1:26; Abaroma 2:14, 15). Ariko kandi, ushobora kubona ko hariho bamwe babangukirwa no kugaragaza iyo mico kurusha abandi.
2. Ni iyihe mirimo myiza imwe n’imwe abantu bashobora gukora, wenda bumva ko barimo bigana Kristo?
2 Wenda waba uzi abagabo n’abagore bakunda gusura abarwayi cyangwa bakabafasha kenshi, bakagaragariza impuhwe abamugaye, cyangwa bagaha abakene batitangiriye itama. Tekereza nanone ku bantu bafite impuhwe zibasunikira gukoresha ubuzima bwabo bakora mu bigo by’ababembe cyangwa mu bigo by’imfubyi, abitangira gukora mu bitaro cyangwa mu bigo byagenewe abarwayi badafite icyizere cyo kuzakira, cyangwa abantu bihatira gufasha abatagira aho baba cyangwa impunzi. Birashoboka ko bamwe muri bo bumva ko baba barimo bigana Yesu, wasigiye Abakristo icyitegererezo. Dusoma mu Mavanjiri ko Kristo yakijije abarwayi kandi akagaburira abashonje (Mariko 1:34; 8:1-9; Luka 4:40). Ukuntu Yesu yagaragazaga urukundo, ubwuzu n’impuhwe, ni uburyo bwo kugaragaza “gutekereza kwa Kristo,” na we wabigaragazaga yigana Se wo mu ijuru.—1 Abakorinto 2:16.
3. Kugira ngo tugire igitekerezo gishyize mu gaciro ku byerekeye imirimo myiza yakorwaga na Yesu, ni iki tugomba gusuzuma?
3 Ariko se, waba warabonye ko muri iki gihe abenshi mu bashishikazwa n’urukundo rwa Yesu hamwe n’impuhwe ze birengagiza ikintu cy’ibanze mu bigize gutekereza kwa Kristo? Ibyo dushobora kubisobanukirwa neza binyuriye mu gusuzuma ibivugwa muri Mariko igice cya 6 tubigiranye ubwitonzi. Aho ngaho, dusoma ko abantu bazaniye Yesu abarwayi kugira ngo abakize. Mu mirongo ikikije aho ngaho, nanone tumenya ko mu gihe Yesu yabonaga ko abo bantu babarirwaga mu bihumbi bari baje bamugana bari bashonje, yabagaburiye mu buryo bw’igitangaza (Mariko 6:35-44, 54-56). Gukiza abarwayi no kugaburira abashonje bwari uburyo buhebuje bwo kugaragaza impuhwe zuje urukundo, ariko se, bwaba ari bwo buryo bw’ibanze Yesu yafashagamo abandi? Kandi se, ni gute dushobora kwigana mu buryo bwiza cyane urugero rutunganye yatanze mu birebana no kugaragaza urukundo, ineza n’impuhwe, nk’uko na we yiganaga Yehova?
Yasunikirwaga guhaza ibyabaga bikenewe mu buryo bw’umwuka
4. Ni mu yihe mimerere inkuru ivugwa muri Mariko 6:30-34 yabereyemo?
4 Yesu yagiriraga impuhwe ababaga bamukikije cyane cyane bitewe n’ibyo babaga bakeneye mu buryo bw’umwuka. Ibyo babaga bakeneye mu buryo bw’umwuka ni byo byabaga ari iby’ingenzi cyane mu buryo bw’ibanze, kuruta ibyo babaga bakeneye mu buryo bw’umubiri. Reka dusuzume inkuru ivugwa muri Mariko 6:30-34. Ibintu byabaye byanditswe aho ngaho byabereye ku nkengero z’Inyanja ya Galilaya, ahagana ku gihe cya Pasika yo mu mwaka wa 32 I.C. Intumwa zari zishimye cyane, kandi bikaba byari bifite ishingiro. Mu gihe zari zivuye mu rugendo mu turere twinshi, zaje aho Yesu ari, nta gushidikanya zikaba zari zifite amatsiko yo kumubwira ibyo zabonye. Ariko kandi, hahise haterana imbaga y’abantu. Bari benshi cyane ku buryo Yesu n’intumwa ze batashoboraga kurya cyangwa se ngo babe baruhuka. Yesu yabwiye intumwa ati “muze mwenyine ahiherereye, aho abantu bataba, muruhuke ho hato” (Mariko 6:31). Binjiye mu bwato, bikaba bishoboka ko bari hafi y’i Kaperinawumu, bajya ahantu hatuje hakurya y’Inyanja ya Galilaya. Ariko kandi, ya mbaga y’abantu yarirukanse ica ku nkengero maze itangayo ubwato. Ni gute Yesu yari kubyifatamo? Mbese, yaba yararakajwe n’uko bamusanze mu bwiherero? Oya rwose!
5. Ni ibihe byiyumvo Yesu yagiriye imbaga y’abantu bamusanze, kandi se, ni iki ibyo byiyumvo byamuteye gukora?
5 Yesu yabonye iyo mbaga y’abantu babarirwaga mu bihumbi, harimo n’abarwayi bari bamutegerezanyije amatsiko, bimukora ku mutima (Matayo 14:14; Mariko 6:44). Mu kwerekeza ku cyatumye Yesu agira impuhwe n’ukuntu yabyifashemo, Mariko yaranditse ati “abona abantu benshi, bimutera impuhwe, kuko bari bameze nk’intama zitagira umwungeri: aherako abigisha byinshi” (Mariko 6:34). Yesu yabonye ikirenze imbaga y’abantu. Yabonye abantu bari bakeneye ibintu byo mu buryo bw’umwuka. Bari bameze nk’intama zayobye zitagira kirengera, zitagira umwungeri wo kuziyobora ku bwatsi butoshye cyangwa ngo azirinde. Yesu yari azi ko abayobozi ka kidini batagiraga umutima wishyira mu mwanya w’abandi, bagombaga kuba abungeri bita ku ntama, mu by’ukuri basuzuguraga rubanda rwa giseseka kandi bakirengagiza ibyo rwabaga rukeneye mu buryo bw’umwuka (Ezekiyeli 34:2-4; Yohana 7:47-49). Yesu ntiyifuzaga kubafata atyo, ahubwo yabakoreye ibyababera byiza cyane kurusha ibindi uko bishoboka kose. Yatangiye kubigisha ibirebana n’Ubwami bw’Imana.
6, 7. (a) Ni ikihe kintu cyimirijwe imbere Amavanjiri ahishura mu byerekeranye n’ukuntu Yesu yitabiriye guhaza ibyo abantu bari bakeneye? (b) Ni iki cyasunikiraga Yesu kubwiriza no kwigisha abantu?
6 Zirikana uko ibintu byimirizwa imbere byakurikiranyijwe hakurikijwe agaciro kabyo, hamwe n’icyo byumvikanisha, nk’uko bigaragarira mu nkuru isa n’iyo. Iyo nkuru yanditswe na Luka wari umuganga, kandi akaba yarashishikazwaga cyane n’uko abandi bamererwa neza mu buryo bw’umubiri. ‘Abantu bakurikira [Yesu]: arabakira, avugana na bo iby’ubwami bw’Imana, n’abashaka gukizwa arabakiza’ (Luka 9:11; Abakolosayi 4:14). N’ubwo atari ko bimeze ku nkuru zose zivuga ibyerekeye igitangaza runaka, aha ngaha, ni iki inkuru yahumetswe yavuzwe na Luka yerekejeho mbere na mbere? Ni uko Yesu yigishije abantu.
7 Mu by’ukuri, ibyo byemeranya n’amagambo atsindagirizwa mu nkuru dusanga muri Mariko 6:34. Uwo murongo ugaragaza neza ukuntu Yesu yasunikirwaga mbere na mbere kugaragaza impuhwe. Yigishije abantu, bitewe n’ibyo bari bakeneye mu buryo bw’umwuka. Mu ntangiriro z’umurimo we, Yesu yari yaravuze ati “nkwiriye kwigisha ubutumwa bwiza bw’Imana no mu yindi midugudu, kuko ari byo natumiwe” (Luka 4:43). Icyakora, twaba twibeshye turamutse dutekereje ko Yesu yatangazaga ubutumwa bw’Ubwami kugira ngo gusa akunde asohoze umurimo yasabwaga gukora, nk’aho yakoraga umurimo wo kubwiriza ahushura mu buryo bwo kurangiza umuhango gusa. Oya, ahubwo impuhwe zuje urukundo yagiriraga abantu ni cyo kintu cy’ibanze cyamusunikiraga kubagezaho ubutumwa bwiza. Ikintu cyiza gikomeye cyane kurusha ibindi byose Yesu yashoboraga gukora—ndetse no ku barwayi, ababaga batewe na dayimoni, abakene cyangwa abashonji—cyari ukubafasha kumenya ukuri ku byerekeye Ubwami bw’Imana, bakakwemera kandi bakagukunda. Uko kuri ni cyo kintu cy’ingenzi mu buryo bw’ibanze bitewe n’uruhare Ubwami bufite rwo kuvana umugayo ku butegetsi bw’ikirenga bwa Yehova no guha abantu imigisha irambye.
8. Ni gute Yesu yabonaga umurimo we wo kubwiriza no kwigisha?
8 Kuba Yesu yarabwirizaga ibyerekeye Ubwami abigiranye umwete, ni byo bigize impamvu y’ibanze yatumye aza ku isi. Ahagana ku iherezo ry’umurimo we wo ku isi, Yesu yabwiye Pilato ati “iki ni cyo navukiye; kandi ni cyo cyanzanye mu isi, ni ukugira ngo mpamye ukuri: uw’ukuri wese yumva ijwi ryanjye” (Yohana 18:37). Mu bice bibiri bibanziriza iki, twabonye ko Yesu yari umuntu ugira ibyiyumvo birangwa n’ubwuzu—witaga ku bantu, wishyikirwagaho, wazirikanaga abandi, akabagirira icyizere, kandi ikirenze byose, yakundaga abantu. Niba twifuza by’ukuri gusobanukirwa ibihereranye no gutekereza kwa Kristo, tugomba kwiyumvisha imiterere y’ibyo bintu bigize kamere ye. Ni iby’ingenzi nanone ko tumenya ko gutekereza kwa Kristo bikubiyemo ukuntu yimirizaga imbere umurimo we wo kubwiriza no kwigisha.
Yateraga abandi inkunga yo kubwiriza
9. Ni bande bagombaga kwimiriza imbere ibyo kubwiriza no kwigisha?
9 Kwimiriza imbere ibyo kubwiriza no kwigisha—mu buryo bwo kugaragaza urukundo n’impuhwe—Yesu si we wenyine wabikoraga. Yateye abigishwa be inkunga yo kwigana ibyamusunikiraga kugira icyo akora, ibyo yimirizaga imbere hamwe n’ibikorwa bye. Urugero, mu gihe yari amaze gutoranya intumwa ze 12, ni iki zagombaga gukora? Muri Mariko 3:14, 15, haratubwira hati “atoranyamo cumi na babiri bo kubana na we, ngo abone uko ajya abatuma kubwiriza abantu ubutumwa, abaha ubutware bwo kwirukana abadayimoni.” (Ayo magambo ari mu nyuguti ziberamye ni twe twayanditse dutyo.) Waba se ubona ibyo intumwa zagombaga kwimiriza imbere?
10, 11. (a) Mu gihe Yesu yoherezaga intumwa, yazibwiye gukora iki? (b) Mu bihereranye no kohereza intumwa, ni iki cyari kigamijwe?
10 Nyuma y’igihe runaka, Yesu yahaye abo 12 ububasha bwo gukiza no kwirukana abadayimoni (Matayo 10:1; Luka 9:1). Hanyuma, yabohereje gukora urugendo mu turere tunyuranye, bakajya “mu ntama zazimiye z’umuryango wa Isirayeli.” Bakajya gukorayo iki? Yesu yabahaye amabwiriza agira ati “nimugende mwigisha muti ‘Ubwami bwo mu ijuru buri hafi.’ Mukize abarwayi, muzure abapfuye, mukize ababembe, mwirukane abadayimoni” (Matayo 10:5-8; Luka 9:2). Mu by’ukuri se, ni iki bakoze? “Nuko baragenda [1] bigisha abantu ngo bihane. [2] Birukana abadayimoni benshi, basīga amavuta abarwayi benshi, barakira.”—Mariko 6:12, 13.
11 Kubera ko kwigisha atari ko buri gihe bivugwa bwa mbere, mbese, kwandika ibintu nk’uko byakurikiranyijwe haruguru byaba bitsindagiriza cyane akamaro k’ibintu byagiye bishyirwa mu mwanya wa mbere cyangwa icyasunikaga ababikoraga (Luka 10:1-8)? Mu by’ukuri, ntitwagombye gupfobya incuro kwigisha bivugwa mbere yo gukiza. Reka turebe imimerere byagiye bivugwamo aha ngaha. Mbere gato y’uko Yesu yohereza intumwa 12, imimerere y’imbaga y’abantu yari yamukoze ku mutima. Dusoma ngo “Yesu agenda mu midugudu n’ibirorero byose, yigisha mu masinagogi, avuga ubutumwa bwiza bw’ubwami, akiza indwara zose n’ubumuga bwose. Abonye abantu uko ari benshi, arabababarira kuko bari barushye cyane, basandaye nk’intama zitagira umwungeri. Maze abwira abigishwa be, ati ‘ibisarurwa ni byinshi, ariko abasaruzi ni bake: nuko rero mwinginge nyir’ibisarurwa, yohereze abasaruzi mu bisarurwa bye.’ ”—Matayo 9:35-38.
12. Ibikorwa by’igitangaza byakorwaga na Yesu hamwe n’intumwa byari gusohoza uwuhe mugambi w’inyongera?
12 Binyuriye mu kubana na we, intumwa zashoboraga kwicengezamo bimwe mu bigize gutekereza kwa Kristo. Zashoboraga kwiyumvisha ko gukunda abantu no kubagirira impuhwe by’ukuri, byari bikubiyemo kubwiriza no kwigisha ibyerekeye Ubwami—ibyo bikaba ari byo byagombaga kuba ibintu by’ingenzi bigize imirimo yabo myiza. Mu buryo buhuje n’ibyo, ibikorwa byiza byo mu buryo bw’umubiri, urugero nko gukiza abarwayi, byageze kuri byinshi birenze ibyo gufasha abakene. Nk’uko ushobora kubyiyumvisha, hari abantu bamwe na bamwe bashoboraga kureshywa n’ibikorwa byo gukiza hamwe n’ibyo kurya byatanzwe mu buryo bw’igitangaza (Matayo 4:24, 25; 8:16; 9:32, 33; 14:35, 36; Yohana 6:26). Ariko kandi, ikirenze ibyo gutanga ubufasha bwo mu buryo bw’umubiri, ibyo bikorwa mu by’ukuri byasunikiraga ababirebaga kumenya ko Yesu yari Umwana w’Imana, akaba na “wa muhanuzi” Mose yari yarahanuye.—Yohana 6:14; Gutegeka 18:15.
13. Ubuhanuzi buvugwa mu Gutegeka kwa Kabiri 18:18 bwatsindagirizaga uwuhe murimo “wa muhanuzi” wagombaga kuzaza yari kuzakora?
13 Kuki byari iby’ingenzi ko Yesu yari we “wa muhanuzi”? None se, byari byarahanuwe ko yari kugira uruhe ruhare rw’ingenzi? Mbese, uwo “muhanuzi” yagombaga kuba ikirangirire bitewe n’uko yakoraga ibitangaza byo gukiza cyangwa guha abashonje ibyo kurya abitewe n’impuhwe? Mu Gutegeka kwa Kabiri 18:18, hahanuye hagira hati “nzabahagurukiriza umuhanuzi umeze nkawe [Mose], ukomotse muri bene wabo; nzashyira amagambo yanjye mu kanwa ke, ajye ababwira ibyo mutegetse byose.” Bityo rero, kimwe n’uko intumwa zitoje kugira ibyiyumvo birangwa n’impuhwe no kubigaragaza, zashoboraga gufata umwanzuro w’uko gutekereza kwa Kristo kwagombaga no kugaragarira mu murimo wabo wo kubwiriza no kwigisha. Ibyo ni byo byiza cyane kurusha ibindi bashoboraga gukorera abantu. Muri ubwo buryo, abarwayi n’abakene bashoboraga kuzaronka inyungu zirambye, aho kuba za zindi zigarukira ku gihe kigufi ubuzima bw’umuntu bumara cyangwa ku mafunguro make gusa.—Yohana 6:26-30.
Twihingemo gutekereza kwa Kristo muri iki gihe
14. Ni mu buryo ki kugira gutekereza kwa Kristo bikubiyemo n’umurimo dukora wo kubwiriza?
14 Nta n’umwe muri twe wabona ko kugira gutekereza kwa Kristo byarebaga abo mu kinyejana cya mbere gusa—ni ukuvuga Yesu n’abigishwa ba mbere, abo intumwa Pawulo yerekejeho yandika iti “twebwe dufite gutekereza kwa Kristo” (1 Abakorinto 2:16). Kandi twemera tutazuyaje ko tugomba kubwiriza ubutumwa bwiza no guhindura abantu abigishwa (Matayo 24:14; 28:19, 20). Icyakora, ni iby’ingirakamaro ko twatekereza ku ntego zacu bwite zidusunikira gukora uwo murimo. Ntitwagombye kuwukora bitewe n’uko gusa twumva ko ari inshingano yacu. Urukundo dukunda Imana ni impamvu y’ibanze ituma twifatanya mu murimo, kandi kumera nka Yesu by’ukuri bikubiyemo kubwiriza no kwigisha dusunitswe n’impuhwe.—Matayo 22:37-39.
15. Kuki impuhwe ari kimwe mu bintu bikwiriye mu murimo dukorera mu ruhame?
15 Mu by’ukuri, si ko buri gihe bitworohera kugirira impuhwe abo tudahuje imyizerere, cyane cyane mu gihe duhuye n’abantu batitabira ibyo tubabwira, abanga kutwumva rwose cyangwa abaturwanya. Ariko kandi, turamutse dutakaje urukundo n’impuhwe tugirira abantu, twaba dutakaza ikintu cy’ingenzi kidusunikira kwifatanya mu murimo wa Gikristo. None se, ni gute dushobora kwihingamo umuco wo kugira impuhwe? Dushobora kugerageza kubona abantu nk’uko Yesu yababonaga, tukabona ko “barushye cyane, basandaye nk’intama zitagira umwungeri” (Matayo 9:36). Mbese, ibyo ntibigaragaza uko abantu benshi bameze muri iki gihe? Abungeri b’amadini y’ikinyoma barabatereranye kandi babahuma amaso mu buryo bw’umwuka. Ingaruka zabaye iz’uko batamenya ibihereranye n’ubuyobozi buzira amakemwa buboneka muri Bibiliya, ndetse nta n’ubwo bazi ibyerekeye imimerere ya Paradizo Ubwami bw’Imana buzazana ku isi vuba aha. Bahangana n’ibibazo by’imibereho ya buri munsi—hakubiyemo ubukene, kutumvikana mu miryango yabo, indwara n’urupfu—nta byiringiro by’Ubwami bafite. Dufite icyo bakeneye: ubutumwa bwiza burokora ubuzima buhereranye n’Ubwami bw’Imana ubu bwimitswe mu ijuru!
16. Kuki twagombye kwifuza kugeza ubutumwa bwiza ku bandi?
16 Mu gihe utekereje utyo ku byo abagukikije bakeneye mu buryo bw’umwuka, mbese, umutima wawe ntugusunikira kugira icyifuzo cyo gukora ibyo ushoboye byose kugira ngo ubabwire ibyerekeye umugambi w’Imana wuje urukundo? Ni koko, umurimo dukora ni umurimo urangwa n’impuhwe. Mu gihe twishyira mu mwanya w’abandi nk’uko Yesu yabigenzaga, bizagaragarira mu mvugo yacu, ku isura yo maso hacu no mu buryo bwacu bwo kwigisha. Ibyo byose bizatuma ubutumwa tubwiriza burushaho gushishikaza abantu “batoranirijwe ubugingo buhoraho.”—Ibyakozwe 13:48.
17. (a) Ni mu buhe buryo bumwe na bumwe dushobora kugaragariza abandi urukundo n’impuhwe? (b) Kuki tutagomba guhitamo ikintu kimwe gusa, haba gukora imirimo myiza cyangwa kwifatanya mu murimo wo mu ruhame?
17 Birumvikana ariko ko urukundo rwacu n’impuhwe zacu byagombye kugaragara mu mibereho yacu yose. Ibyo bikubiyemo kugaragariza ubugwaneza abatishoboye, abarwayi n’abakene—dukora ibyo dushobora gukora mu buryo bushyize mu gaciro kugira ngo tubagabanyirize imibabaro. Ibyo bikaba bijyanirana n’imihati dushyiraho kugira ngo tumare umubabaro abatakaje ababo bakundaga, binyuriye mu magambo no mu bikorwa (Luka 7:11-15; Yohana 11:33-35). Ariko kandi, kugaragaza urukundo, ineza n’impuhwe muri ubwo buryo, ntibigomba kuba ikintu cy’ingenzi twibandaho mu mirimo myiza dukora, nk’uko bimeze ku bantu bamwe b’abagiraneza. Ikintu cy’ingenzi mu buryo burambye ni imihati isunitswe n’imico y’Imana yavuzwe haruguru, ariko kandi ikagaragarizwa mu kwifatanya mu murimo wa Gikristo wo kubwiriza no kwigisha. Ibuka icyo Yesu yavuze yerekeza ku bayobozi ba kidini b’Abayahudi, agira ati “mutanga kimwe mu icumi cy’isogi n’anisi na kumino, mukirengagiza amagambo akomeye yo mu mategeko, ni yo kutabera n’imbabazi no kwizera: ibyo mwari mukwiriye kubikora, na bya bindi ntimubireke” (Matayo 23:23). Kuri Yesu, ntiyumvaga ko yagombaga guhitamo gukora kimwe akareka ikindi—byaba gufasha abantu mu birebana n’ibyo bakeneye mu buryo bw’umubiri cyangwa kubigisha ibintu byo mu buryo bw’umwuka birokora ubuzima. Yesu yabikoraga byombi. Byongeye kandi, biragaragara neza ko umurimo we wo kwigisha ari wo yashyiraga mu mwanya wa mbere, bitewe n’uko ibyiza yageragaho binyuriye kuri wo byari kugoboka abantu iteka.—Yohana 20:16.
18. Gusuzuma ibyerekeye gutekereza kwa Kristo byagombye kudusunikira gukora iki?
18 Mbega ukuntu dushobora gushimira ku bwo kuba Yehova yaraduhishuriye gutekereza kwa Kristo! Binyuriye ku Mavanjiri, dushobora kumenya neza kurushaho ibitekerezo, ibyiyumvo, imico, ibikorwa by’umuntu ukomeye kurusha abandi bose mu bihe byose, hamwe n’ibyo yimirizaga imbere. Ahasigaye rero, ni uko twe ubwacu twasoma, tugatekereza ku byo Bibiliya ihishura ku bihereranye na Yesu kandi tukabishyira mu bikorwa. Wibuke ko niba koko twifuza gukora ibihuje n’ibyo Yesu yakoraga, tugomba mbere na mbere kwitoza gutekereza nka we, kugira ibyiyumvo nk’ibye no kubona ibintu nk’uko yabibonaga, uko bidushobokera kose twebwe abantu badatunganye. Nimucyo rero twiyemeze kwihingamo no kugaragaza gutekereza kwa Kristo. Nta bundi buryo bwiza cyane bwo kubaho bwaruta ubwo, nta bundi buryo bwiza cyane bwo kubana n’abantu, kandi nta bundi buryo bwiza bwaruta ubwo kuri twebwe no ku bandi bwo kugirana imishyikirano ya bugufi n’uwo yagaragaje mu buryo butunganye, ni ukuvuga Imana yacu irangwa n’ubwuzu, ari yo Yehova.—2 Abakorinto 1:3; Abaheburayo 1:3.
Ni gute wasubiza?
• Ni iki Bibiliya itumenyesha ku birebana n’ukuntu incuro nyinshi Yesu yitabiraga gufasha abantu bafite ibyo bakeneye?
• Ni iki Yesu yatsindagirije mu gihe yahaga abigishwa be amabwiriza?
• Ni gute dushobora kugaragaza ko dufite “gutekereza kwa Kristo” mu bikorwa byacu?
[Ifoto yuzuye ipaji ya 23]
[Ifoto yo ku ipaji ya 24]
Ni ikihe kintu cyiza cyane kurusha ibindi Abakristo bashobora gukorera abandi?