ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Mbese uri “umutunzi mu by’Imana”?
    Umunara w’Umurinzi—2007 | 1 Kanama
    • 7. Ni gute umuntu uvugwa mu mugani wa Yesu yakemuye ikibazo yari afite?

      7 None se tugarutse ku mugani wa Yesu, igihe wa mugabo w’umukungu yasaruraga imyaka myinshi cyane akabura aho ayihunika, yakoze iki? Yafashe umwanzuro wo gusenya ibigega yari asanganywe akubaka ibindi binini kurushaho, kugira ngo abone aho ahunika imyaka yose yari yasagutse ndetse n’ibindi bintu byiza yari afite. Uwo mugambi yari afite watumye yumva asa n’ufite umutekano n’ibyishimo, maze aribwira ati “nzabwira umutima wanjye nti: mutima, ufite ibintu byinshi bibikiwe imyaka myinshi, ngaho ruhuka, urye unywe, unezerwe.”—Luka 12:19.

      Kuki yiswe ‘umupfu’?

      8. Ni ikihe kintu cy’ingenzi umuntu uvugwa mu mugani wa Yesu yirengagije?

      8 Icyakora nk’uko Yesu yabivuze, ibyo uwo mugabo w’umukungu yateganyaga byatumye yiringira ko afite umutekano, ariko yaribeshyaga. Uko bigaragara, umutekano yasaga n’aho afite wari ubuzemo ikintu kimwe cy’ingenzi. Icyo kintu ni ugukora ibyo Imana ishaka. Uwo mugabo yitekerezagaho cyane, atekereza ukuntu yazaruhuka, akarya, akanywa kandi akanezerwa. Yumvaga ko kuba yari afite “ibintu byinshi” byiza byari kuzamwongerera “imyaka myinshi” yo kubaho. Ariko igiteye agahinda ni uko bitagenze nk’uko yari yabiteganyije. Nk’uko Yesu yari yabivuze mbere, “ubugingo bw’umuntu [ntibuva] mu bwinshi bw’ibintu bye” (Luka 12:15). Iryo joro, ibintu uwo mugabo yari yararuhiye byose byahise bihinduka ubusa, kubera ko Imana yamubwiye iti “wa mupfu we, muri iri joro uranyagwa ubugingo bwawe. Ibyo wabitse bizaba ibya nde?”—Luka 12:20.

  • Mbese uri “umutunzi mu by’Imana”?
    Umunara w’Umurinzi—2007 | 1 Kanama
    • 10. Kuki kugira “ibintu byinshi” bitagaragaza ko byanze bikunze umuntu azabaho “imyaka myinshi”?

      10 Dukwiriye gutekereza kuri iryo somo twitonze. Ese twagombye kuba nk’uwo mugabo uvugwa muri uwo mugani, tukiyuha akuya kugira ngo tuzagire “ibintu byinshi” byiza, ariko tukananirwa gukora ibintu by’ingenzi byazatuma tugira icyizere cyo kuzabaho “imyaka myinshi” (Yohana 3:16; 17:3)? Bibiliya igira iti “ubutunzi nta cyo bumara ku munsi w’uburakari” kandi ‘uwishingikiriza ku butunzi bwe azagwa’ (Imigani 11:4, 28). Ku bw’ibyo, Yesu yagize icyo yongera kuri uwo mugani, awusoza atanga umuburo ugira uti “ni ko umuntu wirundaniriza ubutunzi amera, atari umutunzi mu by’Imana.”—Luka 12:21.

Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
Sohoka
Injira
  • Ikinyarwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze