ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • gl pp. 32-33
  • Ubukristo Bwakwirakwiriye Hirya no Hino

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Ubukristo Bwakwirakwiriye Hirya no Hino
  • Tumenye uko ‘Igihugu Cyiza’ Cyari Giteye
  • Ibisa na byo
  • Ibihugu Byagiye Bitera Igihugu cy’Isezerano
    Tumenye uko ‘Igihugu Cyiza’ Cyari Giteye
  • Ibihugu Bivugwa muri Bibiliya
    Tumenye uko ‘Igihugu Cyiza’ Cyari Giteye
  • Ingaruka u Bugiriki na Roma Byagize ku Bayahudi
    Tumenye uko ‘Igihugu Cyiza’ Cyari Giteye
  • Ubwoko bw’Imana Busubira mu Gihugu Cyabwo
    Tumenye uko ‘Igihugu Cyiza’ Cyari Giteye
Reba ibindi
Tumenye uko ‘Igihugu Cyiza’ Cyari Giteye
gl pp. 32-33

Ubukristo Bwakwirakwiriye Hirya no Hino

IGIHE Yesu yari ari ku Musozi wa Elayono hafi y’i Betaniya, yategetse abigishwa be kubwiriza, uwo murimo ukaba wari kuzagira ingaruka zikomeye ku mateka y’abantu. Uwo murimo wari kuzatangirira i Yerusalemu, ku birometero bitatu uvuye kuri uwo musozi ugana iburengerazuba. Ubutumwa bwagombaga kuzakwirakwizwa hafi aho muri Yudaya na Samariya hose, kandi amaherezo bukazagera no ku “mpera y’isi.”​—⁠Ibyk 1:⁠4, 8, 12.

Bidatinze, nyuma y’aho Yesu avugiye ayo magambo, Umunsi Mukuru wa Pentekote wahuruje Abayahudi n’abandi bantu bari barahindukiriye idini ry’Abayahudi, baza baturuka hirya no hino mu Bwami bwa Roma, mu turere tugaragara ku ikarita iri ahagana hasi. Disikuru intumwa Petero yabahaye kuri uwo munsi yatumye Ubukristo ukwirakwira hirya no hino vuba vuba.​—⁠Ibyk 2:9-11.

Nyuma y’igihe gito, Abakristo batangiye gutotezwa muri Yerusalemu, bituma abigishwa ba Kristo batatana. Petero na Yohana bafashije Abasamariya kumva ubutumwa bwiza no kubwakira (Ibyak 8:1, 4, 14-16). Filipo amaze kubwiriza Umunyetiyopiya wari mu nzira y’ubutayu yavaga “i Yerusalemu ikajya i Gaza,” Ubukristo bwatangiye gukwirakwizwa no muri Afurika (Ibyk 8:26-39). Hagati aho, ubutumwa bweraga imbuto i Luda, aho hakaba hari mu Kibaya cya Saroni, no ku cyambu cya Yopa (Ibyk 9:35, 42). Nyuma y’aho, Petero yagiye i Kayisariya afasha umusirikare mukuru w’Umuroma witwaga Koruneliyo, maze we n’abo mu muryango we hamwe n’incuti ze baba Abakristo basizwe.​—⁠Ibyk 10:1-48.

Pawulo, wajyaga atoteza Abakristo, yaje kuba intumwa ku banyamahanga. Mu ngendo ze eshatu z’ubumisiyonari no mu rugendo rwa nyuma yakoze ajya i Roma, yagenze ku butaka no mu bwato. Iyo ntumwa hamwe n’abandi bakwirakwije ubutumwa bwiza mu mijyi myinshi yo mu Bwami bwa Roma. Pawulo yifuzaga kugera n’i Sipaniya (Hisipaniya). (Reba ipaji ya 2.) Naho Petero we yarabwirije agera n’i Babuloni (1 Pt 5:13). Koko rero, abigishwa ba Kristo bakwirakwije Ubukristo hirya no hino bayobowe na Kristo. Mu mwaka wa 60/61 I.C., ‘ubutumwa bwiza bwari bwaramaze kubwirizwa mu baremwe bose bari munsi y’ijuru’ (Kl 1:⁠6, 23). Uhereye icyo gihe, ubu ubutumwa bwiza bwamaze rwose kugera “ku mpera z’isi.”

[Agasanduku ko ku ipaji ya 32]

BAJE BATURUKA HE?

Abayahudi n’abandi bantu bari barahindukiriye idini ry’Abayahudi bumvise ubutumwa bwiza ku munsi wa Pentekote wo mu mwaka wa 33 I.C., bari baturutse i Pariti, mu Bumedi, i Elamu, i Mezopotamiya, i Yudaya, i Kapadokiya, i Ponto, muri Aziya, i Furugiya, i Pamfiliya, muri Egiputa, muri Libiya, i Roma, i Kirete no muri Arabiya. Icyo gihe, abenshi muri bo barabatijwe. Utekereza ko bakoze iki bamaze gusubira iwabo?

[Agasanduku ko ku ipaji ya 33]

AMATORERO ARINDWI

Yesu yoherereje ubutumwa amatorero arindwi yo muri Aziya Ntoya. Dore aho ayo matorero yari ari: amatorero ya Efeso na Simuruna yari hafi y’inyanja, aya Perugamo, Filadelifiya na Lawodikiya akaba yari imbere mu gihugu kure y’inyanja; irya Tuwatira ryo ryari ku nkengero z’uruzi, naho irya Sarudi ryo rikaba ryari ku muhanda ukomeye w’ubucuruzi. Ibyataburuwe mu matongo y’aho iyo mijyi yari iri bihamya ko imijyi Bibiliya ivuga yabayeho koko.

[Ikarita yo ku ipaji ya 32]

(Niba wifuza kureba uko bimeze, reba mu gatabo)

Ubukristo bukwirakwira

Uturere twahise tugeramo ubutumwa bwiza

B1 ILURIKO

B1 U BUTALIYANI

B1 Roma

C1 MAKEDONIYA

C2 U BUGIRIKI

C2 Atenayi

C2 KIRETE

C3 Kurene

C3 LIBIYA

D1 BITUNIYA

D2 GALATIYA

D2 AZIYA

D2 FURUGIYA

D2 PAMFILIYA

D2 KUPURO

D3 EGIPUTA

D4 ETIYOPIYA

E1 PONTO

E2 KAPADOKIYA

E2 KILIKIYA

E2 MEZOPOTAMIYA

E2 SIRIYA

E3 SAMARIYA

E3 Yerusalemu

E3 YUDAYA

F2 U BUMEDI

F3 Babuloni

F3 ELAMU

F4 ARABIYA

G2 PARITI

[Inyanja]

C2 Inyanja ya Mediterane

D1 Inyanja Yirabura

E4 Inyanja Itukura

F3 Ikigobe cya Peresi

[Ikarita yo ku ipaji ya 32 n’iya 33]

(Niba wifuza kureba uko bimeze, reba mu gatabo)

Ingendo Za Pawulo

Urugendo rwa mbere rw’ubumisiyonari (Ibyk 13:1–14:28)

H3 Antiyokiya (ya Siriya)

H3 Surakusa

G4 KUPURO

G3 Salamini

G4 Pafo

G3 PAMFILIYA

F3 Peruga

F3 PISIDIYA

F2 Antiyokiya (ya Pisidiya)

G2 Ikoniyo

G2 LUKAWONIYA

G2 Lusitira

G3 Derube

G2 Lusitira

G2 Ikoniyo

F2 Antiyokiya (ya Pisidiya)

F3 PISIDIYA

G3 PAMFILIYA

F3 Peruga

F3 Ataliya

H3 Antiyokiya (ya Siriya)

Urugendo rwa kabiri rw’ubumisiyonari (Ibyk 15:36–18:22)

H3 Antiyokiya (ya Siriya)

H3 SIRIYA

H3 KILIKIYA

H3 Taruso

G3 Derube

G2 Lusitira

G2 Ikoniyo

F2 Antiyokiya (ya Pisidiya)

F2 FURUGIYE

G2 GALATIYA

E2 MUSIYA

E2 Tirowa

E1 SAMOTIRAKE

D1 Neyapoli

D1 Filipi

C1 MAKEDONIYA

D1 Amfipoli

D1 Tesalonike

D1 Beroya

C2 U BUGIRIKI

D2 Atenayi

D2 Korinto

D3 AKAYA

E2 Efeso

G4 Kayisariya

H5 Yerusalemu

H3 Antiyokiya (ya Siriya)

Urugendo rwa gatatu rw’ubumisiyonari (Ibyk 18:22–21:19)

H3 SIRIYA

H3 Antiyokiya (ya Siriya)

G2 GALATIYA

F2 FURUGIYA

H3 KIRIKIYA

H3 Taruso

G3 Derube

G2 Lusitira

G2 Ikoniyo

F2 Antiyokiya (ya Pisidiya)

E2 Efeso

E2 AZIYA

E2 Tirowa

D1 Filipi

C1 MAKEDONIYA

D1 Amfipoli

D1 Tesalonike

D1 Beroya

C2 U BUGIRIKI

D2 Atenayi

D2 Korinto

D1 Beroya

D1 Tesalonike

D1 Amfipoli

D1 Filipi

E2 Tirowa

E2 Aso

E2 Mitulene

E2 KIYO

E2 SAMO

E3 Mileto

E3 Kosi

E3 RODO

F3 Patara

H4 Tiro

H4 Putolemayi

G4 Kayisariya

H5 Yerusalemu

Ajya i Roma (Ibyak 23:11–28:31)

H5 Yerusalemu

G4 Kayisariya

H4 Sidoni

F3 Mura

F3 LUKIYA

E3 Kinido

D3 KIRETE

D4 KILAWUDA

A3 MELITA

A3 SISILE

A3 Surakusa

A1 U BUTARIYANI

B2 Regiyo

A1 Puteyoli

A1 Roma

Imihanda y’ingenzi (Reba mu gatabo)

Amatorero arindwi

E2 Perugamo

E2 Tuwatira

E2 Sarudi

E2 Simuruna

E2 Efeso

F2 Filadelifiya

F2 Lawodikiya

[Utundi turere]

E3 PATMOSI

F2 Kolosayi

F5 Alekizanderiya

F5 EGIPUTA

G1 BITUNIYA

G5 Yopa

G5 Luda

G5 Gaza

H1 PONTO

H2 KAPADOKIYA

H4 Damasiko

H4 Pela

[Inyanja]

D4 Inyanja ya Mediterane

[Ifoto yo ku ipaji ya 33]

Inzu y’imikino y’i Mileto, umujyi Pawulo yahuriyemo n’abasaza bari baturutse muri Efeso

[Ifoto yo ku ipaji ya 33]

Igicaniro cya Zewu i Perugamo. Abakristo bo muri uyu mujyi bari batuye aho “intebe ya Satani” yari iri.​—Ibyh 2:13

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze