-
Imana yatweretse urukundo rwayoUmunara w’Umurinzi—2011 | 15 Kamena
-
-
7, 8. Ni mu buhe buryo ibikorwa by’abantu babiri batunganye byagize ingaruka zitandukanye?
7 Urukundo rwa Yehova rwatumye agira icyo akora kugira ngo abantu bave mu bubata bw’icyaha barazwe. Pawulo yagaragaje ko ibyo byashobotse binyuze ku wundi muntu wari utunganye, wakwitwa Adamu wa kabiri (1 Kor 15:45). Ariko ibikorwa by’abo bantu bombi bari batunganye byagize ingaruka zitandukanye cyane. Mu buhe buryo?—Soma mu Baroma 5:15, 16.
8 Pawulo yaranditse ati “uko byari bimeze ku cyaha, si ko bimeze ku mpano.” Adamu yakoze icyaha, maze ahabwa igihano yari akwiriye, ni ukuvuga urupfu. Icyakora, si we wenyine wari gupfa. Bibiliya igira iti ‘icyaha cy’[uwo] muntu umwe cyatumye abantu benshi bapfa.’ Dukurikije amahame y’Imana y’ubutabera, abantu bose badatunganye bakomotse kuri Adamu, natwe turimo, bagombaga guhabwa igihano nk’icyo Adamu yahawe. Ariko kandi, dushobora guhumurizwa no kumenya ko Yesu wari umuntu utunganye, yari gutuma ibintu bihinduka. Ibyo byari kuzana izihe nyungu? Igisubizo tugisanga mu magambo Pawulo yavuze agira ati “abantu b’ingeri zose babarwaho gukiranuka, bagahabwa ubuzima.”—Rom 5:18.
9. Mu Baroma 5:16, 18 havuga ko Imana ibaraho abantu gukiranuka. Ibyo bisobanura iki?
9 Amagambo y’ikigiriki ahindurwamo ngo “abantu babarwaho gukiranuka” yumvikanisha iki? Wa mwarimu wo muri kaminuza twigeze kuvuga yaranditse ati “ni imvugo y’ikigereranyo ikoreshwa mu bucamanza yumvikanisha igitekerezo cyo mu rwego rw’ubucamanza. Iyo mvugo ntigaragaza ko umuntu aba yagize ihinduka muri we, ahubwo igaragaza ko Imana ihindura uko yamubonaga . . . Iyo mvugo y’ikigereranyo igaragaza Imana nk’umucamanza wamaze gufata umwanzuro wo kurengera uregwa ko akiranirwa, akaba mu buryo bw’ikigereranyo yazanywe mu cyumba cy’urukiko rwayo, ariko Imana ikamugira umwere.”
-
-
Imana yatweretse urukundo rwayoUmunara w’Umurinzi—2011 | 15 Kamena
-
-
14, 15. Ni iyihe ngororano yateganyirijwe abo Imana yabazeho gukiranuka, ariko se ni iki bagombaga gukomeza gukora?
14 Kuba Ishoborabyose ibabarira umuntu icyaha yarazwe hamwe n’amakosa yakoze, ni impano ihebuje rwose! Nta wabara ibyaha abantu baba barakoze mbere y’uko bahinduka Abakristo, nyamara Imana ishobora kubibababarira byose ishingiye ku ncungu. Pawulo yaranditse ati “impano yatanzwe bitewe n’ibyaha byinshi yatumye abantu babarwaho gukiranuka” (Rom 5:16). Intumwa n’abandi bantu bahawe iyo mpano (yo kubarwaho gukiranuka) igaragaza urukundo rw’Imana, bagombaga gukomeza gusenga Imana y’ukuri bafite ukwizera. Ibyo byari kuzabahesha iyihe ngororano? Bibiliya igira iti ‘abahabwa ubuntu bwinshi butagereranywa, n’impano yo gukiranuka, bazategeka ari abami mu buzima binyuze ku muntu umwe, ari we Yesu Kristo.’ Impano yo gukiranuka igira ingaruka zinyuranye n’iz’icyaha cya Adamu. Iyo mpano ituma abantu babona ubuzima.—Rom 5:17; soma muri Luka 22:28-30.
-